RFL
Kigali

MINISPOC iramaganira kure indirimbo na filime bigaragaza amashusho y'urukozasoni n'ibice by'imyanya y'ibanga

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:28/04/2018 12:21
8


Kuri uyu wa 27 Mata 2018 Minisiteri ya Siporo n'Umuco (MINISPOC) yasohoye itangazo ryamaganira kure ibihangano by'urukozasoni. MINISPOC yatangaje ibi ibinyujije mu itangazo ryateweho umukono na Minisitiri Uwacu Julienne.



Muri iri tangazo, Minisitiri Uwacu Julienne ukuriye Minisiteri ya Siporo n'Umuco yamenyesheje abanyarwanda bose ko amashusho y'urukozasoni n'andi yerekana ibice by'ibanga by'umubiri anyuzwa muri filime, indirimbo, imbuga nkoranyambaga, itangazamakuru cyangwa ubundi buryo bwose anyuranyije n'umuco nyarwanda ko abujijwe. Yabibukije ko kumurika, gucuruza cyangwa gukwirakwiza amashusho y'urukozasoni ari icyaha gihanwa n'amategeko y'u Rwanda. Iryo tangazo riragira riti:

Minisiteri ya Siporo n'Umuco iramenyesha abanyarwanda bose ko amashusho y'urukozasoni n'andi yerekana ibice by'ibanga by'umubiri anyuzwa muri filime, indirimbo, imbuga nkoranyambaga, itangazamakuru cyangwa ubundi buryo bwose anyuranyije n'umuco nyarwanda kandi abujijwe. Minisiteri iramagana ibikorwa ibyo ari byo byose bikwirakwiza ayo mashusho inasaba abanyarwanda bose n'abafite ibitangazamakuru by'umwihariko gufasha no gukumira no kurwanya abagenda babikora. Kumurika, gucuruza cyangwa gukwirakwiza amashusho y'urukozasoni ni icyaha gihanwa n'amategeko y'u Rwanda. Abanyarwanda bose barakangurirwa gusigasira no kurangwa n'indangagaciro z'umuco nyarwanda. 

Uwacu Julienne

Itangazo rya MINISPOC ryamagana ibihangano by'urukozasoni

MINISPOC ishyize hanze iri tangazo nyuma y'aho bamwe mu bahanzi nyarwanda banyuranye bari baharaye gushyira amashusho y'urukozasoni mu bihangano byabo. Mu minsi micye ishize umuhanzi nyarwanda Lion Gaga yasohoye amashusho y'indirimbo yise 'Ba Intwari' agaragaramo abakobwa bambaye ubusa buri buri ku gice cyo hejuru aho abamere yabo aba ari hanze. Ni indirimbo itaravuzweho rumwe na bamwe mu bayibonye ndetse hari benshi bayamaganye basaba ko MINISPOC yagira icyo ibikoraho. 

Image result for Minisitiri Uwacu Julienne inyarwanda

Minisitiri wa Siporo n'Umuco Uwacu Julienne

Mu minsi ishize kandi itsinda ryiyise Ruganzu n’Ibisumizi riherutse gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga amafoto y'abakobwa bambaye ubusa aho iryo tsinda ryavugaga ko ririmo gukora filime igaragaza uko abanyarwandakazi bo ha mbere bambaraga.  Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye na John Kwezi umuyobozi muri Federasiyo ya filime mu Rwanda yadutangarije ko mu by’ukuri igitekerezo cy’iyi filime atari kibi ahubwo uburyo kiri gukorwamo basanga hari ibyirengagizwa ari nayo mpamvu ku bwe asanga abari gukina iyi filime bakabaye bashakwa bakaganirizwa ndetse anavuga ko ari wo mukoro bagiye gukora. Yagize ati:

Igitekerezo cya filime ubwacyo si kibi ahubwo wenda uburyo bagikoramo ni bwo baba bakeneyemo ibitekerezo, nibaza ko niba cyera barambaraga ubusa kuko nta myambaro yari ihari abantu batakomeza kubishingiraho ngo bakomeze gukina filime bibeshya ko ari umuco. Mu muco byarabaye ni byo ariko ntibyari ku bushake ahubwo ni uko icyo gihe nta myambaro yari ihari duke babonye bagahitamo kutwambara hato hashoboka ariko kuri ubu hari imyambaro ahubwo wenda harebwa uburyo bw’ubuhanzi yakoreshwa ariko muri iki gihe abantu ntibabe bacyambara ubusa.

Federasiyo ya filime mu Rwanda yavuze kuri filime y’umuco iri gutegurwa igaragaramo amafoto y’abakobwa bambaye ubusa-AMAFOTO

Aha ngo bari barimo gukina filime igaragaza uko abanyarwanda bambaraga kera






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jm5 years ago
    Minister urakoze cyane!! biriya ni ukwiyandagaza no kwandaza umuco nyarwanda ndetse n'ubushotoranyi bakora bambara ubusa
  • Tens5 years ago
    Kera se Abakobwa bahuraga n'abasore bakabikubaho gutyo ko bagiraga isoni bakaguma no murugo iwabo. Abageze igihe cyo gushinga ingo babasabiraga nabo batazi none ngo muri mo kubigana mwataye umutwe.
  • Habimana5 years ago
    Minister urakoze kabisa. Mubishyire mu bikorwa. Uburyo abakobwa bari kwambara ubusa kuri Instagram birababaje. Maze ibitangazamakuru bikandika ngo kanaka yashyize amafoto akurura abagabo kuri internet. Abagabo twaragowe kabisa.
  • 5 years ago
    Mwiriwe, Uretse kuvuga ngo abantu bari gutesha umuco agaciro ngo kandi ntibyemwe, mwatubwira neza itegeko aba bantu bishe?
  • kali5 years ago
    Ariko se izi mayibobo ngo ni abakinnyi ba filme kweli bazifunze zikareka kutwangiriza abana. Nge ibi bintu biteye isoni kubona umwana w'umukobwa ungana kuriya yambara ubusa akemera guterurwa n'urwo ruhungu rureba nk'igisambo. Ariko bino ikibitera cyane cyane ni uko abantu bari muri film mu Rwanda abenshi usanga ari injiji zibereye aho zabuze icyo zikora, nawe se niba abantu bakina film bose ntanumwe wabyigiye uragirango bakine ibiki? Ministeri nikomereze aho kuducyahira aba basazi bataye umutwe.
  • 5 years ago
    Ndagukunda nkabura icyo nguha wa Mudamu we izo mbwebwe uzikamire uruzikwiye
  • Rwema5 years ago
    Mbega indirimbo! Bararirimba intwari bagashyiramo abakobwa bambaye ubusa! Ariko se bariya bakobwa bo baruzuye mu mutwe?
  • ornella5 years ago
    hhhhhhh murasekeje pe ninde wababeshye ko umuco nyarwanda uruku warumeze singaye nabavugako mwasaze mubamwabuze ukomwamamara mugacurikangibintu gusa mwabuzibyo mukina gusa





Inyarwanda BACKGROUND