RFL
Kigali

Ibyo wamenya kuri Irebe Natacha uhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2018 nyamara abitse amakamba abiri y’ubwiza

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:16/01/2018 12:17
5


Irebe Natacha Ursule ni umwe mu bakobwa batandatu baherutse kubona amahirwe yo guhagararira intara y’Amajyaruguru mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2018, akaba ari guhatanira iri kamba kugira ngo risange andi makamba abiri y'ubwiza asanganywe cyane.



Mu kiganiro na Irebe Natacha Ursule yatangarije Inyarwanda.com ko ari umunyarwandakazi w’imyaka 18 wavukiye mu bitaro byitiwe umwami Faysal, akaza gukurira mu karere ka Huye icyakora akaba kuri ubu atuye mu karere ka Kicukiro aho abana n’umuryango we ugizwe n’ababyeyi bose ndetse n’abavandimwe be babiri barimo umuhungu umwe n’undi mukobwa umwe.

natachaIrebe Natacha Ursule yabonye itike imwemerera kwitabira Miss Rwanda 2018 ahagarariye intara y'Amajyaruguru

Ku bijyanye n’amasomo uyu mukobwa yabwiye Inyarwanda.com ko amashuri abanza yayize muri Le Pigeonnier Primary School, mu gihe icyiciro rusange yacyize muri Groupe Scolaire Officiele de Butare naho umwaka wa kane w’amashuri yisumbuye akawiga muri Fawe Girls School mu gihe guhera mu mwaka wa Gatanu w’amashuri yisumbuye yahise ajya kuwiga muri Riviera High School ari naho yarangirije amashuri ye yisumbuye aho yize amateka, ubukungu n’ubumenyi bw’Isi (HEG).

Irebe Natacha Ursule yakuze afite inzozi zo kuzaba umusirikare kandi n’ubu ngo ntaho zirajya. Ubwo yigaga mu wa kane w’amashuri yisumbuye yihanuriye ko 2018 azahatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda…

Miss Rwanda 2018Irebe Natacha Ursule ari muri batandatu babashije gukomeza bahagarariye intara y'Amajyaruguru

Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye n’uyu mukobwa uri guhatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda yongeye gushimangira ko yakuze yifuza kuba umusirikare kandi n'ubu inzozi ze ngo ntaho zirajya. Yagize ati”Ni byo koko nakuze numva nzaba umusirikare, kandi nubu ndacyafite izo nzozi, numva nyuma yo gusoza amasomo yanjye ya kaminuza nazasaba kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda.”

Naho ku kijyanye no kuba ubwo yigaga mu wa kane w’amashuri yisumbuye yarigeze kwihanuriraho ko 2018 azahatanira ikamba rya Miss Rwanda, uyu mukobwa yongeye gushimangira ibyo yigeze gutangariza Inyarwanda.com mu mwaka wa 2015. Yagize ati”Niga mu wa kane w’amashuri yisumbuye navuze ko nzahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2018 nyuma yo gusoza amasomo mu mashuri yisumbuye, nashingiraga ku nzozi nari mfite kandi mbona nujuje ibisabwa ngo nitabire iri rushanwa.”

Miss Rwanda 2018Muri 2015 Irebe Natacha yambitswe ikamba rya Miss Fawe Girls School

Irebe Natacha Ursule ni umukobwa ubitse andi makamba abiri y’uburanga …

Irebe Natacha muri 2015 ubwo yigaga muri Fawe Girls School yaje kwegukana ikamba ry’umukobwa ufite uburanga muri iri shuri, nyuma y’iminsi mike aza kwegukana irindi kamba rya Miss High School nk'umukobwa wahize abandi bose mu buranga mu bigaga mu mashuri yisumbuye icyo gihe. Aya makamba abiri uyu mwali yayegukanye mu gihe cy’umwaka umwe ubwo yigaga muri Fawe Girls School akahava yerekeza muri Riviera Girls School.

Miss Rwanda 2018

Muri 2015 kandi Irebe Natacha Ursule yambitswe ikamba rya Miss High School

Uyu mukobwa kuri ubu ari guhatanira ikamba rya gatatu ry’uburanga aho ahagarariye intara y’Amajyaruguru mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018 aho yamaze gutoranywa mu bakobwa batandatu bazaba bahagarariye iyi ntara muri aya marushanwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rusake6 years ago
    Irebe araritwatwa ikamba ryuno mwaka wa 2018 pe,ubunararibonye,ubwiza bifite intego ,mbese ni byose
  • Mimi wa koko6 years ago
    Ni wowe miss 2018 Natacha we ,birashyushye ko ugarutse kandi urabikwiye
  • HHHH6 years ago
    Yavukiye King FAISAL akurira HUYE akaba atuye KICUKIRO..... ahagararira Intara y'AMAJYARUGURU gute ubwo se ?? ko numva ntacyo ahuriyeho nayo uretse kuba Umunyarwandakazi nayo ikaba ari intara 1 mu zigize u Rwanda ?? Hari ibyo ntajya nsobanukirwa muri iri Rushanwa...
  • Ikirezi Marie6 years ago
    Intara ya majyaruguru turagushyigikiye nisds Rwanda 3917,wacu.Sogokuru wawe yakundanaga nuwanjye Turabizi ko ubishoboye rwose,ni iryawe ikamba.
  • Karenzi Burasabzwe6 years ago
    Aho hose yahatuye kubera akazi ka ababyeyi ntago ari ugukunda kwimuka





Inyarwanda BACKGROUND