RFL
Kigali

Abakobwa benshi bapfuye bagiye gutoranywamo umugore wa 15 w'umwami Mswati wa Swaziland

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:1/09/2015 11:45
11


Abakobwa benshi mu gihugu cya Swaziland bapfuye bari mu nzira berekeza mu muhango wo gutoranywamo umugore wa 15 w’umwami Mswati III w’iki gihugu, mu birori biba buri mwaka aho abakobwa babyina bambaye impenure uyu mwami akarebamo uwo atoranyamo akamugira umugore.



Umwami Mswati III ubu arimo kotswa igitutu n’abaturage ngo ahagarike iki gikorwa kiba buri mwaka cy’imyiyerekano y’abakobwa b’amasugi babyina imbere ye bagatoranywamo uwo agira umugore wiyongera ku bagore 14 asanganywe, iki gitutu kikaba kiyongereye nyuma y’uko ababarirwa muri 30 baguye mu mpanuka berekeza muri ibi birori, n’ubwo imibare nyayo y’abapfuye kugeza ubu itavugwaho rumwe kuko hari abavuga ko barenga.

Abakobwa bo muri iki gihugu buri mwaka bakora imyiyerekano bakanabyina bambaye imyenda yerekana uko bateye, umwami Mswati akabatoranyamo umugore

Abakobwa bo muri iki gihugu buri mwaka bakora imyiyerekano bakanabyina bambaye imyenda yerekana uko bateye, umwami Mswati akabatoranyamo umugore

Iyi mpanuka yabereye ahitwa Matsapha kuwa Gatanu w’iki cyumweru gishize, aho abakobwa n’abagore bambaye imyambaro yateguriwe icyo gikorwa cy’umwami Mswati, bari bapakiye mu ikamyo inyuma mu mwanya udatwikiriye bajyanywe ahagombaga kubera uyu muhango, iyo kamyo ikaba yarashatse guhunga indi modoka byari bigiye kugongana maze ibirindura abo bakobwa bagwa mu mahanda bicwa n’izindi modoka.

Nyamara n’ubwo ubuzima bw’abantu bwahangirikiye, umwami Mswati we ntiyahagaritse igikorwa cyo kwishakira undi mukobwa yagira umugore we. Princess Tsandzile Dlamini, ni mushiki wa Mswati akaba ari na Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu. Yabwiye ikinyamakuru Telegraph ko umwami yamaze kunamira abazize iyi mpanuka kandi bikaba bihagije kuburyo umuhango wo gushaka umukobwa yagira umugore wo wakomeje.

Imyiyerekano nk'iyi iba buri mwaka, Mswati uyu mwaka ashaka umugore wa 15

Imyiyerekano nk'iyi iba buri mwaka, Mswati uyu mwaka ashaka umugore wa 15

Umunyamakuru witwa Bheki Gama wari ahabereye iyi mpanuka, yahakanye amakuru yatangajwe na Leta avuga ko hapfuye abakobwa 13 gusa, kuko ngo hapfuye benshi impanuka ikimara kuba, abandi bapfira mu nzira bajyanwa kwa muganga naho abandi bo bagwa mu bitaro. N’ubwo uyu atemeza imibare y’abapfuye, avuga ko 13 batangajwe na Leta bo ari bacye cyane ugereranyije n’abapfuye.

Umwami Mswati yakomeje kotswa igitutu abuzwa gukomeza kwigwizaho abagore muri ubu buryo

Umwami Mswati yakomeje kotswa igitutu abuzwa gukomeza kwigwizaho abagore muri ubu buryo

Lucky Lukhele, umuvugizi w’umuryango uharanira Demokarasi  n’ubumwe bw’abanya Swaziland, we yavuze ko byibuze abakobwa 65 aribo baguye muri iyi mpanuka.  Yagize ati: “Abo bakobwa bari batwawe mu gikamyo kidatwikiriye, nk’aho ari ibikoresho by’ububatsi bapakiye, ninayo mpamvu umubare w’abapfuye ari munini. Dukurikije imibare duhabwa n’inzego za gisirikare ndetse n’iz’ubuvuzi, abakobwa barenga 65 nibo bari bamaze gupfa kugeza mu gicuku cyo kuwa Gatandatu”.

Lucky Lukhele yahise asaba ko uyu muhango wo gutoranya undi mugore wa 15 w’umwami Mswati wasubikwa, kuko bidakwiye ko abandi bakobwa bajya mu mbyino n’imyiyerekano mu gihe imiryango y’ababuze ababo yo iri mu gahinda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ange8 years ago
    Seigneur!!! Ibi ntibyari bikwiye kuba byabaho pe!!! turi muri temps moderne for God sake!!! Ubwo c umwaka utaha harabazongera kwitabira icyo gikorwa ra?!
  • halindintwali8 years ago
    ngaho da. nzaba mbarirwa
  • ukuri8 years ago
    ndabona abagore baramukoze mu bwonko ,byakabaye byiza bamushakiye ingamiya y'ingore akarwariza aho ,wenda yamukemurira ibibazo.Ibi n'imyanda ..
  • kriss8 years ago
    mbega igihugu ni hatari cyakoza ngiye kwimukirayo niba bashobora kubona amasugi angana kuriya nibyiza iwacu bose wagwamo na feri ikaba ama B.Y.A nubwo bareba nabi ariko bafite utubere tugihagaze Muswati nawe rekeraho kwanginza abangavu
  • theophile nshimiyimana8 years ago
    rekareka ntibikwiyeko ibirori byari gukomeza.ahubwose ko abagore bose agiye kubagira abe abasore bahobazarongora iki? yagakwiye kurekeraho agasigira nabandi kbsa
  • Mark8 years ago
    Iyaba abali bose basaga naba, nazapfa ntarongoye! Kuki amabere yaguye bigeze hari batarashaka!? Umwali si hasi kuko harubwo usanga ntamazi yibitseho, ariko utubere twiza dushinze afite, uhora wibuka uko twagukirigitaga mukibana akiri agakumi!
  • John8 years ago
    Imico nkiyi ya cyami yo kwigwizaho abagore benshi ntikiyanye n'igihe .
  • 8 years ago
    Diffren between life and culture....
  • Luke8 years ago
    Ariko uyu mwami aranisusuguza. Iyo se akodesha amabus basi. Puu in fake nawe. Arangije yikomereza amanyembwa ye kandi abantu bamaze gupfa.
  • pamba8 years ago
    mbega igihugu gifite amasugi menshi nanjye ndaje njyeyo kabsa nifatireyo nka batatu
  • 8 years ago
    uyu mugabo nuwambere p





Inyarwanda BACKGROUND