RFL
Kigali

Abagize umuryango w’umwami Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda batangarije abanyarwanda iby’itabarizwa rye

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:21/10/2016 14:45
4


Abo mu muryango w’umwami Kigeli V Ndahindurwa batuye mu Rwanda bateraniye hamwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ukwakira. Icyari kigamijwe kwari ukumenyesha abanyarwanda ibyerekeye iby’itabarizwa rye, ibi bikaba bikuraho urujijo rw’amakuru abantu batandukanye bavuga uko bishakiye.



Muri iyi nama yari yatumiwemo abanyamakuru, pasiteri Ezra Mpyisi wabaye umujyanama w’umwami Kigeli V Ndahindurwa n’umwami Rudahigwa niwe wafashe ijambo ngo agire icyo avuga ndetse abafite ibibazo bamubaze. Ezra Mpyisi yatangiye avuga ko umwami Kigeli wa V Ndahindurwa nta cyaha yakoze mu Rwanda cyangwa hanze aho yari yarahungiye kubera amateka cyamubuza kuba atatabarizwa mu gihugu cye. Ezra Mpysi yavuze kandi ko Kigeli V Ndahindurwa adatabarijwe mu Rwanda byamubabaza cyane.

 

Mpyisi

Pasiteri Ezra Mpyisi

Muri iki kiganiro, Pasiteri Mpyisi mbere yo kuganira n’itangazamakuru yabanje yihanangiriza abanyamakuru bari bateraniye aho ati “Benshi muri mwe ndabazi, mugira ingeso yo kongera no gushyira umunyu mu byo umuntu yavuze, ni ubusambo gushyira mu igazeti ibitabaye, uba uri umujura kuko uba uri gucuruza ibinyoma.”

Ibi Ezra Mpyisi yabivuze agamije gukebura abanyamakuru abibutsa ko ibivugirwa muri iyo nama bigomba gutangazwa uko byavuzwe nta wongereye cyangwa ngo agabanye. Mu mwanya wo gutanga ibibazo yavuze ko abantu bamubaza akajya abasubiza ariko arongera ati “Ariko hari ibyo ntari bugusubize. Urantegeka se?”

Famille Kigeli

Bamwe mu bagize umuryango wa Kigeli V Ndahindurwa batuye mu Rwanda

Abajijwe icyo umuryango wateganyije dore ko leta y’u Rwanda yari yemeye ko izatanga ubufasha mu gihe umuryango waba wagize icyo wemeza ku itabarizwa ry’umwami, yasubije ko abagize umuryango bari mu Rwanda bemeje ko yatabarizwa mu Rwanda, ndetse ngo na leta y’u Rwanda yifuza ko Kigeli V Ndahindurwa yatabarizwa mu Rwanda. Ibi ariko ngo biracyaganirwaho kuko abagize umuryango wa Kigeli bari hanze bataraganira n’abo mu muryango we bari mu Rwanda ngo bemeranywe kuri iyo ngingo.

Famille Kigeli

Umuryango w'umwami

Ikindi Ezra Mpyisi yavuzeho ngo hari byinshi bikigomba kubanza kuganirwaho, aha yari abajijwe niba ikamba rya cyami mu Rwanda birangirira kuri Kigeli cyangwa niba hari undi uzamusimbura, niba hazakurikizwa icyo ubwiru bwateganyaga ku itabarizwa rya Kigeli V Ndahindurwa ku bijyanye n’aho yatabarizwa dore ko bwateganyaga ko ari mu Karere ka Gicumbi. Ezra yavuze ko umuryango utazategeka leta cyangwa ngo leta itegeke umuryango ahubwo bazabiganiraho bakumvikana uko byose bigomba kugenda.

Famille Kigeli

Umuryango wa Kigeli

Muri iyi nama kandi nta bijyanye n’amataliki umuhango wo gutabariza umwami Kigeli V Ndahindurwa uzabera byatangajwe, ibi byose bigaterwa n’uko ngo hakiri byinshi bikiganirwaho nk’uko byakunze kugarukwaho na Ezra Mpyisi. Ikindi ngo ni uko indi myanzuro izajya imenyeshwa abanyarwanda binyuze mu banyamakuru cyane cyane ko ari bo babasha kugera ku banyarwanda benshi mu buryo bworoshye. Andi makuru yose yatangazwa ataravuye muri iyi nama cyangwa izindi nama uyu muryango wahamagaza ngo ntazajya aba yizewe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sarah7 years ago
    Gutabarizwa niki x ahubwo?
  • Shenge7 years ago
    Ese ko EZIRA yishyizimbere cyane kurusha umuryangowe huuuu nibyo kwibazaho
  • Jimmy7 years ago
    KBS njyew numva bomuzana mu gihugu cye" akaba Ariho atabarizw dore ko ariho yanataye uruzogirwe
  • MP SAVE HOUSE7 years ago
    MBANJE GUSHIMIRA PASTER EZRA MPYISI UMU PASTER MURI MBARWA UTAJYA UNIGWA NI JAMBO,MZEE W3ACU MPYISI URI UMUNYABWENGE PEEE,KD UZI IMANA,NUKURI KING KIGELI YARAMBABAJE KUKO APFUYE BENSHI TUMWUMVA ARIKO TUTARAMUBONA,IKINDI CYAMBABAJE NUKO ABAZUNGU ATABEREYE UMWAMI BO BAMUREBAGA,GUSA IMANA IMWAKIRE,NB:MFITE IBIBAZO :ESE IGICUMBI NIHO KIGELI AZATABARIZWA KUBERA IKI ARIHO BAHISEMO?,IKINDI KO UMWAMI ATABYAYE UNDI MWAMI UZAMUSIMBURA AZAVAHE?,MURAKOZE





Inyarwanda BACKGROUND