RFL
Kigali

MINISPOC yakiriye gute Lupita Nyong’o waserutse muri Oscars Awards yasokoje amasunzu akomoka mu Rwanda?

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:6/03/2018 11:14
7


Muri iyi minsi ahantu henshi mu ruhando rwa sinema iri kubica bigacika ni Black Panther. Mu ijoro ryo ku cyumweru ubwo hatangwaga ibihembo bya 90th Academy bizwi nk’ibya Oscars abenshi bari bafite amatsiko yo kumenya abatsindira ibyo bihembo ndetse bakanamenya byinshi kuri Black Panther.



Ni ibirori bya 90th Academy Awards bibera ahitwa Dolby Theatre mu gasantere ka Hollywood na Highland i Hollywood, muri Leta ya California. Muri ibi birori umunya Megizike akaba n’umunyakenya (Kenyan-Mexico) uzwi muri filimi zitandukanye, Lupita Nyong’o muri ibi birori yagaragaye yasokoje amasunzu ibintu byashimishije cyane abafite umuco mu nshingano zabo nk’uko Dr Jack Nzabonimpa yabitangarije umunyamakuru wa Inyarwanda.com.

Lupita Nyongo

 Lupita Nyong'o yagaragaye mu birori bya Oscars yasokoje amasunzu

Mu gushaka kumenya icyo abafite umuco mu nshingano mu Rwanda bari gukora ngo umuco nyarwanda urusheho gusigasirwa, Dr. Jack Nzabonimpa yabwiye Inyarwanda.com ati “Hari gahunda yo kubarura ibijyanye n’umurage w’umuco (Heritage) kugira ngo birindwe. Hari amabwiriza MINISPOC iri gutegura kugira ngo umurage urusheho kurindwa.”

Nyuma yo kubona abo mu bihugu by’amahanga bari gukunda umuco nyarwanda bakanabigaragaza cyane nk’uko icyamamare Lupita Nyong’o yagaragaye mu ruhame yasokoje amasunzu, twabajije Dr. Jack Nzabonimpa ubutumwa yagenera urubyiruko asubiza ko rukwiye gukunda iby’iwabo.

Dr. Jack Nzabonimpa yagize ati: "Urubyiruko rw’u Rwanda mbere yo gushidukira iby’ahandi bareba uko bakora iby’iwabo. Barebe neza ntacyo babikoraho ngo bijyane n’igihe, umuco wacu bigaragara ko nawo wabyazwa amafaranga."

"Nta mukobwa n'umwe uratumwa guhagararira u Rwanda muri Miss Supranational"-RALC

Dr Jack Nzabonimpa ahamyako umuco nyarwanda witaweho wabyazwa amafaranga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    abanyarwanda bo ntibakozwa umuco wabo none watangiye kwimakazwa nabanyamahanga birababaje cyane.......... urugero reba nkaba miss rwanda bafashe iyambere mu kwica umuco kd iriyi niyo opportunity yagakwiye gukoreshwa himakaza umuco . "utamenya iyo ava ntamenya............"
  • Joe6 years ago
    Hhhhhhhhhhh, ark abanyarwanda mwagiye muceceka ko Ntawe ubazi koko hano muri America niyo ubabwiye ko Uva mu rda ntabwo bahamenya ark mbabazwa nukuntu mwiitaka
  • N wmiza6 years ago
    ariko wowe joe uri ikigwari pe kuba uri muri amarica urumva uri mu ijuru rero ukumva ko ntawe uzi u rwanda ubwo ubana na bantu binjiji nkawe batazi amateka cg geo ujye wubaha igihugu uvukamo niyo cyaba kitazwi
  • umunyarwanda6 years ago
    joe....nuko woe w'umunyamerika urabitumenyesheje hahahahh nonese birumvikana ko ukunda ibyabandi umenye ejobundi nawe bakaba bakwirukana babishatse my friend buriwese ataka ibyazi rero tugomba gutaka ahotuzi niyi america uvuga twayimenye kubera banyirayo bayitaka ikindi abo banyamerica b'uretse n'urwanda abenci ntibaziko Africa ari continent ahbwo ko arigihugu.....lol
  • Gaga6 years ago
    Aka nakumiro njye haraho nagiye nvuze ko ndumunyarwanda banzengurutsa office zose buri umwe ashaka kureba someone from Rwanda, mbabwije ukuri ko hari nibihugu biri muri Africa bitazi u Rwanda ubwo rero uwo muco mujye muwukoresha murwanda ngaho Reba muri kurata rupita NGO amasunzu buriya iyaba arumunyarwanda wayasokoje akambara iriya kanzu mwari kuba mwavuze NGO yataye umuco.
  • mimi6 years ago
    Wagirango se batake america kuko ariho uba, nibadataka igihugu cyabo ukeka bazagitakirwa nande? ubwose america uba hakumariye iki? aho kuvuga ngo urwanda ntibaruzi nagizengo wenda ugiye kutubwira icyo wakoze ngo barumenye, none uraho uraturamye urumva warageze iyo ujya... waba ikigwari waba ikigwari.....
  • mimi6 years ago
    Ese mwe muberaho gusenya gusaaa, nuko se bamaze kukuzengurutsa office zose bakubwira ko urwanda rutazwi wakoze iki? ndabyumva uri muri babandi baterwa ipfunwe no kuba abanyarwanda, mujye mwibuka ko kuba mwidegembya muri ibyo bihugu murata mubikesha abana batatewe isoni no kuba abanyarwanda bakagera naho barwitangira.





Inyarwanda BACKGROUND