Mu ijoro ry’uyu wa kane tariki ya 1 Gicurasi, saa tanu na mirongo itanu n’itanu (11:55pm) ni bwo Tony Adams wigeze kuba Kapiteni w’ikipe ya Arsenal, yari ageze i Kanombe, aho aje mu Rwanda gutangiza igikorwa cya Airtel n’iyo kipe yo mu Bwongereza, cyo kuzamura impano mu mupira w’amaguru ku bana bakiri bato
Ku kibuga cy’indege, Tony Adams yakiriwe na Luke Wilson intumwa ya Arsenal na yo iri mu Rwanda muri gahunda yo gutoza abana batarengeje imyaka 17, yari kumwe na John Magara Ushinzwe iyamamazabikorwa n’itumanaho muri Aitel Rwanda, Abanyamakuru, hamwe n’imbaga y’abakunzi ba Arsenal bari baje kwirebera iyo ntyoza muri ruhago.
Akigera ku Kibuga cy’indege, Tony Adamas wagaragazaga akanyamuneza kenshi, ariko kavanze n’umunaniro, yavuze ko ajya akunda kuza muri Afurika, ariko akaba ari ku nshuro ya mbere aje mu Rwanda, ariko akaba yari asanzwe azi ko ari igihugu cyiza, ngoi kuko yabibwiwe na Mushiki we wajyaga aza kuhacururiza.
Tony Adams yagize ati: “Nshimishijwe no kuba hano, aho nje gutangiza ku mugaragaro ishyirwa mu bikorwa ry’igitekerezo cya Arsenal na Airtel cyo guteza imbere umupira w’amaguru hazamurwa impano z’abana bakiri bato.”
“ Nje no kumenyekanisha Arsenal na Airtel. Ni iby’agaciro kuba ndi hano mu Rwanda.”
Abajijwe niba mbere yari asanzwe azi u Rwanda, Adams yagize ati: "Nari nzi bike ku Rwanda kuko hari mushiki wanjye wajyaga uza gukorera ubucuruzi hano. Yambwiraga ko ari igihugu cyiza."
Kuri uyu wa gatanu biteganyijwe ko aza kubonana n’ubuyobozi bwa Airtel, FERWAFA ndetse n’intumwa zihagarariye Minisiteri ya Siporo n’umuco, bagasinyana amasezerano y’ubufatanye mu guteza imbere umupira w’amaguru.
Nyuma y’isinywa ry’ayo masezerano, Tony Adams arerekeza ku Kicukiro aho aza gusoza imyitozo y’abana batarengeje imyaka 17 baturutse mu bihugu 5 bya Afurika, ahite anatangiza ku mugaragaro irushanwa rya Airtel Rising Stars, rizakinirwa mu Rwanda hose rikazamara amezi 6.
Akigera ku kibuga cy'indege yateye isaruti, asuhuza nk'abarashi abaje kumwakira
Tony Adams yakiriwe na Luke Wilson wari kumwe na John Magara
Yasaga n'uwatunguwe n'imbaga y'abari bamutegereje ngo bamurebe
Aganira n'abanyamakuru ni bwo yavuze ko Mushiki we yari yaramuteye amatsiko bigatuma yifuza kuzagera mu Rwanda
Ibineza neza bivanze n'umunaniro kuko ngo yakoze urugendo rw'amasaha menshi
Abari b'u Rwanda ntibahatanzwe ndetse ab'inkwakuzi bifotoranyije na we, bakaba ari bamwe mu batuma umunyamahanga uhavuye yifuza kugaruka
Tony Adams yabaye myugariro wa Arsenal mu myaka 19, akina imikino 668 ayitsindira ibitego 32
Tony Adams agaraga ku maso nk'umuntu utagira icyo yishisha, ugura urugwiro rwinshi, akaba anakora ibikorwa byinshi by'urukundo, aho yashinze ikigo cyita ku bana basaritswe n'ibiyobyabwenge
John Magara
Philbert Hagengimana
TANGA IGITECYEREZO