RFL
Kigali

BYA BIHE- Umugani w’abana babi

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:5/06/2015 11:45
3


Yohani na Yozefu bali bavuye kuvoma. Igihe bataragera imuhira, babona abana batazi bicaye haruguru yabo, barabasuhuza.



Abo bana aho kubikiliza, bahagurukana udukoni bali bafite, bakanura amaso, batuka Yohani na Yozefu. Yohani, ati “Yozefu we, tura vuba wiruke, aba bana ni babi, bagiye kudukubita. Babirukaho, tali tali. Bigeze aho,  Yohani aza gukebuka, abona abo bana bituye hasi.

Yoooo! Bite?  Basitaye ku muzi bikubita ku mabuye, bakomereka hose.Yohani na Yozefu bahita bataha, bakira abo bana babi.Bana kugira nabi bo kugerageza kugirira abandi nabi ni bibi!

Ngiyi imwe mu migani yarangaga imyandiko ya kera yafashaga abana kugira imico myiza,kwirinda amakimbirane na bagenzi babo,kugira uburere no kubana neza n’abandi ugasanga bakuranye ikinyabupfura. Babyeyi mutoze abana banyu gusoma ibitekerezo nk’ibi kuko bibagirira akamaro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jean baptiste8 years ago
    Ni byiza pe. Muzadushyirireho na WA mugore w'umutindi nyakujya. Murakoze.
  • jean baptiste8 years ago
    Ni byiza pe. Muzadushyirireho na WA mugore w'umutindi nyakujya. Murakoze.
  • Ntambabazi desire3 years ago
    Iyimyandiko ya cyera ndagukunda cyane kuko iramfasha cyane kurushaho kuyinu.





Inyarwanda BACKGROUND