RFL
Kigali

Dr Pierre Damien Habumuremyi na Amb.Joseph Habineza bagaragaye mu muhango wo gusengera abayobozi bashya ba EPR-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/03/2015 17:12
6


Kuri iki cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2015 nibwo habaye umuhango wo gusengera akabozi b’Imana bayoboye Itorero rya EPR mu Rwanda (Eglise Presbyterienne au Rwanda).



Uyu muhango wabereye mu giterane cyari cyahuje imbaga nyamwinshi kuri Petit stade i Remera kuri uyu wa 29 Werurwe 2015 ukaba wari witabiriwe n'abantu batari bake.

EPR

Uyu muhango waranzwe no gusengera abayobozi bashya ba EPR  aribo Rev. Dr Pascal Batariganya wabaye perezida wa EPR  na Rev Julie Kandema akaba ariwe  vice-Presindente wa EPR,uwo muhango ukaba warayobowe na Rev Prof Elisee Musemakweri wacyuye igihe ku buyobozi bwa EPR mu Rwanda.

EPR

Rev. Dr Pascal Batariganya niwe wahawe inshingano zo kuyobora EPR

EPR

Rev. Julie Kandema niwe wabaye umuyobozi wungirije mu Itorero EPR

EPR

Barahiriye imbere y'abakristo kubw'inshingano nshya bahawe

EPR

Barahiriye imbere y'abakristo kubw'inshingano nshya bahawe 

Bishop Dr.Henrich Bedfod akaba uhagarariye itorero EPR mu gihugu cy’ubudage, niwe watangije umuhango nyirizina.  kubuyobozi bushya kandi ko bagomba guharanira ishingano bahawe.

EPR

iki giterane cyaranzwe kandi n’ibihe byiza , cyane  ko cyari kirimo amakorari yari aturutse mu duce twose tw’u Rwanda yo muri Eglise Presbyterienne au Rwanda (EPR) by’umwihariko korali yitwa  Kimala yari yaturutse mu gihugu cya Tanzaniya mu itorero ry’abaruteli , ndetse n’abashyitsi bari baturutse muri Amerika n’ubudage.

EPR

Korali Kimala yaturutse Tanzaniya

Ikindi tutabura kubabwira ni uko cyari cyitabiriwe n’abayobozi b’amatorero atandukanye ya hano mu Rwanda ndetse n’abayobozi b’igihugu batandukanye.

Reba amafoto y'uko byari bimeze

Sibomana Jean

Rev. Pastor Sibomana Jean uyobora ADEPR yari ahari

Habineza

Ambasaderi Joseph Habineza wari Minisitiri w'Umuco na Siporo nawe yari ari muri uyu muhango
Habumuremyi

Minisitiri Kaboneka ufite amadini mu nshingano ze nawe yari yitabiriye uyu muhango

EPR

Bishop Dr.Henrich Bedfod akaba uhagarariye itorero EPR mu gihugu cy’Ubudage

EPR

Bapfukamye hasi barasengerwa

EPR

EPR

Rev. Dr Pascal Batariganya umuyobozi mushya wa EPR yahawe impano y'inka

EPR

Bamuhaye n'izindi mpano zitandukanye

EPR

(Iburyo)Dr Pierre Damien Habumuremyi Minisitiri w'intebe wacyuye igihe nawe yari yitabiriye uyu muhango,hano we na Joseph Habineza barimo kuririmba izo mu gatabo

Niyonzima Moise






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntakwisa9 years ago
    Congreturation Paster Pascal Imana ikugende imbere mumirimo mishya uhawe untahirize Madame wawe Louise uti dutahe cyaneeeee.
  • murangwa eric9 years ago
    imana ibashyigikire izabane namwe mukuyobora umukumbi w'imana
  • Kabanda9 years ago
    EPR utanze isomo ku yandi madini mu kubana neza no gusimburana mu buyobozi
  • kibwa29 years ago
    Ubu bari mubusabe ngo barebe ko Imana yabafasha bagasubira ku ibere disi! Ubu inzara tatangiye kuza!
  • Imena9 years ago
    Mbega abakozi b'Imana bayoborwa n'umwuka? Rev. Dr Elisée na Rev. Dr Pascal hamwe 'aba Presbyteriennes bose mwarakoze kuyoborwa n'Imana mu miyoborere y'Irorero ryanyu. Mweretse andi madini ahora mu ntambara ko bishoboka kubana mu mahoro koko. EPR yatsinze igitego aho igenera Prezida wayo ucyuye igihe Impano y'Imodoka 0km yo mu kagera. Mbega Itorero rifite gahunda nziza weeeee????? Ndaje munyakire kuko mwanyereye imbuto kabisa.
  • keza9 years ago
    byari byiza cyane turashima Imana iduhaye umuyobozi mushya!! kandi nucyuye igihe yatubaniye neza turamushima





Inyarwanda BACKGROUND