RFL
Kigali

Senderi yamaze kubona umukunzi bazabana ndetse yatangiye kumufasha cyane mu muziki we

Yanditswe na: Editor
Taliki:2/10/2014 8:34
14


Umuhanzi Senderi International Hit ubu yamaze kubona umukunzi bashobora kuzarushingana ndetse akaba yaratangiye no kumufasha mu bikorwa bye bya muzika, akaba kandi yaramwijeje ko azamuba hafi bagafatanya kuba uyu muhanzi yakomeza gutera imbere mu njyana ye ya Afrobeat, akongera akanegukana igihembo cy’iyi njyana.



Mu kiganiro Senderi yagiranye na Inyarwanda.com ubwo yadushyikirizaga amashusho y’indirimbo ye nshya yitwa “Icyumvirizo”, yadutangarije ko ubu yamaze kubona umukunzi ufite ubwenge n’imico myiza, ndetse akaba ari nawe wamugiriye inama akamufasha mu gutekereza neza uburyo yakora amashusho y’iyi ndirimbo ye ku rwego rwo hejuru, kugirango akomeze gushimangira ko ashoboye injyana ye ya Afrobeat kandi n’abandi bahanzi babone ko nyuma y’igihembo aherutse kwegukana muri Salax Awards nk’uwarushije abandi muri iyi njyana, nta kabuza azongera akagitwara.

HIT

HIT

HIT

 HIT

Ibi ni bimwe mu bigaragara mu mashusho y'iyi ndirimbo ya Senderi

Ibi ni bimwe mu bigaragara mu mashusho y'iyi ndirimbo ya Senderi

Senderi ati: “Umukunzi ubu naramubonye, akarusho ni uko n’ubwo adakora umuziki azi ubwenge bwo kuwukora, izi mbyino, aha hantu nakoreye amashusho, ibintu bidasanzwe birimo, abantu bose barimo n’ibindi byinshi nk’uko ubibona, nta handi hantu wari wabibona handi. Ibi rero nabifashijwemo n’uyu mukunzi wanjye kandi yansabye ko ngomba gukomeza ngakora cyane ngahora nyoboye injyana ya Afrobeat, azakomeza amfashe kuburyo n’igihembo cya Salax Awards mperutse kwegukana nzongera nkagitwara”.

hit

 hit

Iyi ndirimbo ifite amashusho agaragaramo ababyinnyi badasanzwe

Iyi ndirimbo ifite amashusho agaragaramo ababyinnyi badasanzwe

Muri aya mashusho y’indirimbo “Icyumvirizo” ya Senderi, hagaragaramo imbyino zidasanzwe aho abantu b’ingeri zose baba babyinira ku musozi. Muri aba harimo abana, abasaza, abagabo n’abakobwa, gusa Senderi tumubajije niba uyu mukunzi we ari muri aba bakobwa bagaragara muri aya mashusho, yavuze ko ntacyo yabivugaho kuko uyu mukobwa bakundana ataramwemerera ko yamutangaza mu itangazamakuru. Mu bindi bigaragaramo kandi, harimo bimwe mu bikoresho biranga umuco nyarwanda gakondo bitandukanye.

REBA HANO VIDEO Y'INDIRIMBO "ICYUMVIRIZO"

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • bubu9 years ago
    Komerezaho nzaramba we iyi video inyeretse kudacika intege urumukozi nibitari ibi uzabibona imere niheza
  • jojo9 years ago
    muminsi yashize yatangaje uwitwa zahabu anamuhimbira indirimbo nonese uwo avuga nuwundi yabayabonye mushyashya cg no zahabu?murakoze
  • kgut9 years ago
    guhanga ibishya ndakwemeye narintegereje video azashora ngondebe ariko arancanze noneho ndemeye
  • uyut9 years ago
    hiti ni hit walah
  • amina9 years ago
    senderi urumugabo iyindirimo iranyemeje pe ngaho nimupinge babandi mwigize rupinzi.hhhhhhh.mbega abakobwa weeee.ariko se abakurahe
  • Ntaganzwa Kalim9 years ago
    Senderi ibyakorabyose namenyeko kubakiriwenyine ntacyobyamumarira adafite uwobabana ngo age anamugirinama nagirevubavuba nimyaka irikwicuma.Murakoze.
  • fghhh9 years ago
    hit ni hit komeza bazemera erega
  • pote9 years ago
    hhhh.senderi komerezaho intore yishakira ibisubizo vA kubagusebya songambereeeeeee batere icyumvirizooiiii
  • kenzo 9 years ago
    hit Ni hit
  • ksda9 years ago
    muzamutubwirire aze hano gisoro uganda turamukunda cane
  • ADOJO9 years ago
    wahisemo neza kabisa twateye nike
  • mu baby9 years ago
    va komerezaho rwose nubundi wari waratinze.
  • mu baby9 years ago
    va komerezaho rwose nubundi wari waratinze
  • BAPTISTE9 years ago
    YARI YARATINZE!!!!!!!!!!!!!! ARAKUZE NATUBISE





Inyarwanda BACKGROUND