RFL
Kigali

Ni iki gitumye umunyamakuru w'imikino Jado Dukuze asezera mu mwuga w'itangazamakuru?

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:30/10/2014 15:03
33


Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane nibwo umunyamakuru w’imikino mu Rwanda uzwi ku izina rya Jado Dukuze yatangaje ku mugaragaro ko asezeye mu mwuga w ‘itangazamakuru ry’imikino aho yakoraga ku rubuga rwa ruhagoyacu ndetse no kuri Radio Flash.



Ubwo uyu munyamakuru yamaraga gutangangaza ko asezeye burundu muri aka kazi yari amaze kumenyerwamo abinyujije ku rubuga rwa Facebook,Inyarwanda.com yifuje kumenya impamvu zitumye asezera dore ko byari bimaze iminsi bivugwa ko yaba afitanye ibibazo n’abantu bamwe kubera inkuru yakoraga.

Mu kiganiro na Inyarwanda.com,Jean De Dieu Dukuze wari uzwi cyane nka Jado Dukuze yavuze ko hari impamvu nyinshi zatumye asezera muri aka kazi ariko yongeraho ko nawe byamugoye ndetse bitanamushimishije gufata iki cyemezo dore ko yari amaze iminsi itatu abitekerezaho.Aha, yagize ati :Nanjye byarambabaje gufata icyemezo cyo gusezera ndetse byantwaye igihe kigera ku minsi itatu kugira ngo mbashe gufata iki cyemezo.

jadle

Abakoranaga nawe bavuga ko Dukuze ari umunyamakuru witanga cyane mu kazi kandi uhorana umurava

Dukuze yakomeje avuga ko kuba asezeye mu itangazamakuru bitaturutse ku muntu runaka ariko yongeraho ko hari amagambo menshi yabwirwaga amuca intege aturuka ku bantu batishimiraga ibyo yakoraga n’uburyo yabikoragamo ku buryo byashoboraga no kumuviramo ingaruka ku buzima bwe.Yagize ati : « Hari abantu baba batashimishwaga n’ibyo nkora n’ubwo naharaniraga iterambere rya siporo mu Rwanda ndetse bigatuma nisanga muri situations zatumaga ntakora akazi kanjye uko bikwiye. »

Dukuze kandi yakomeje avuga ko yafashe iki cyemezo cyo kuvana ake karenge mu mwuga w’itangazamakuru rya siporo mu Rwanda nyuma y’inama zitandukanye yagiye agirwa n’abantu batandukanye bamukunda(umuryango we,inshuti ze za hafi) aho bamweretse uburyo aka kazi akora gashobora kumugiraho ingaruka ndetse no kumuteranya n’abantu.

jadle

Usibye kuvuga no kwandika amakuru y'imikino, Dukuze(no.14) akinira ikipe y'abanyamakuru ba siporo

Muri iki kiganiro, Dukuze yirinze kwerura ngo avuge ko hari umuntu runaka umutoteza cyangwa umutera ubwoba  mu kazi ke ariko yemera ko ibibazo byatumye asezera byatangiye kwiyongera mu minsi ishize ubwo havugwaga amakuru menshi yerekeranye n’ibibazo biri mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Ubwo twamubazaga niba atazigera yongera gukora uyu mwuga mu buzima bwe bwose yavuze ko n’ubwo yagaruka mu itangazamakuru yakora ibijyanye no kwandika gusa ariko  ibyo kuvugira kuri radio byo atazabyongera.

jadle

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, Dukuze yashimiye abantu bose bamufashije aho yakoraga

Jado Dukuze yasoje ikiganiro yagiranye na Inyarwanda.com abwira abakundaga ibiganiro ndetse n’inkuru yakoraga ko byose yabikoraga ku nyungu zabo ndetse anabasaba kuzakomeza guharanira iterambere rya siporo mu Rwanda.

Ku bijyanye n’icyo yaba agiye gukora,Dukuze yavuze ko hari ibindi agiye gukora ariko akaba yavuze ko bikiri ibanga.

Jado Dukuze ni umunyamakuru w’imikino wari umaze gukundwa n’abanyarwanda benshi kubera ibyegeranyo yakoraga kuri Radio ndetse n’inkuru zicukumbuye yakoraga.

Niba wakurikiranaga ibiganiro n'inkuru bya Jado Dukuze wakiriye ute isezera rye mu itangazamakuru?

Robert N Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • clement9 years ago
    ndumwe mubantu bakundaga uyu mwene data, ntago numva ukuntu yaba yeguye kubera abantu runaka gusa ndemeza niba koko harabamuteraga ubwoba ndamushyigikiye kuko aho gukunda amafranga yakunda ubuzima so muvandimwe ndagushimira uburyo wabanye neza nabanyarwanda lmana izakujye inyuma
  • sabayesu gadi9 years ago
    gusa jado yari intwari ariko niba ariko abyifuje hari impamvu yari sabayesu gadi
  • kayonga9 years ago
    Atabisobola yabivako!!!
  • aimable9 years ago
    ntago bidutunguye kko hari nabandi banyamakuru ba sport bajya bavuga mumarenga ko harikipe utagomba kuvugaho nabi hano mu rda iyo ubikoze biba???? ukuri sikubi ni uko kuza gukenewe
  • Luc9 years ago
    Ibi nibyo Ingabire Marie Immaculee yavugaga,niyigire mu kirokore!!!!!
  • uwumukiza9 years ago
    oh bibaho abantu barahindutse ibyiza nibyo wakoze jado aho kugirango uzabure ubuzima hoya wakareka ugashaka nakandi
  • sj9 years ago
    ahhhhh degore arabirangije
  • jado9 years ago
    numvaga ahembera amatiku rwose niyigendere ntakiza cye(ke) ubwo rero ntacyo mpombye ahubwo ndungutse nanga umuntu uzana itiku peee
  • MANISHIMWE9 years ago
    Bakunzi bumupira wa maguru mu rda ndetse nahandi dutakaje umuntu wigenzi kumakuru ndetse na sport muri rusage. nagahinda
  • Thousse 9 years ago
    Ndamushimiye najyende yandwaza umutwe kubera amatiku yagiraga yandikaga inkuru zibasira abantu runaka mbega ugasanga ntacyiza turetse kubeshyanya ikindi washakaga kuvuga kubyo yanditse waba utavuze amatiku akabinyonga ariko abamushyigikiye kabone naho baba batukana akabitambutse bikambabaza cyane none nanyende azagaruke yaragiye kumurongo wubaka kuko niba mugirango ndabeshya namwe muzi ubwenge mujye kuri ruhagoyacu.com murebe kunkuru zanditwe nawe maze namwe murebe niba ari ukubaka cyangwa gusenya. gusa yagiraga ijwi ryiza kdi naramukundaga atarahinduka. waruziko kuri Facebook yari yarabolotse abataramushyigikiraga mumafuti bose nanjye ndimo mwifurije kuzagaruka arko akaza haritandukaniro. Murakoze cyane.
  • vaha9 years ago
    Birababaje gusa yafashe icyemezo cyakigabo
  • uwajeneza jeremy9 years ago
    ndababaye cyane pe!namukundaga cyane kubera ibyegeranyo bye tuzagukumbura cyane kbs gusa watekereje neza kd Imana izaguhe imigisha mubyo ugiyemo.
  • twajepa9 years ago
    ubu turajya he koko . no muri sport ukaba wabura ubuzima
  • mugisha 9 years ago
    erega nawe yakoze immitation kuri developed countries arakabya ngo arigana za daily mail hano muri africa ukuri ntabwo ari ngombwa ngo kuvugwe kose this is africa kandi nawe haraho yakabyaga bikagaragara ko afitanye ikibazo numuntu kuvuga ngo akoze inkuru ngo aamakosa 10 de gaule amze gukora kuki atabikoze kuyandi ma federation or abandi babanje muri iriya nzu nawe yakabyaga ibihe byiza kuriwe
  • 9 years ago
    irinde munywanyi ntawamenya gusa twagukundaga
  • Etienne Mbabazi9 years ago
    Alala birambabaje kabisa!
  • ivubi9 years ago
    si wowe wihaye kuvuga nabi DeGaule.....ahaaaaaaaa
  • fidos fifi9 years ago
    harya jado dukuze niwe wigeze gushaka kwiyahura ngo umukobwa yamwanze sha azi gufata ibyemezo bya kigabo kbsa ni umuntu wumugabo
  • clemmy 9 years ago
    Ndababaye.
  • erick9 years ago
    urumuntu wumugabo ahokugirango bizakuzanire ibindi bibazo wabivamo ibiganiro bitakwa kuma radio nibyishi cyane ntabwo wabura icyindi wakoramo kitajyanye na siporo.





Inyarwanda BACKGROUND