RFL
Kigali

N'ubwo Mukarujanga yabyaranye na Mubarak bari basanzwe bakundana, nta gahunda ihari yo kubana na we

Yanditswe na: Editor
Taliki:31/10/2014 10:02
8


Nyuma y’uko umukinnyi w’amafilime uzwi ku izina rya Mukarujanga yibatutse umwana we w’imfura mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki 17 Ukwakira 2014, ubu uyu mwana arimo kwitabwaho na se, gusa n’ubwo uyu musore bamubyaranye bari basanzwe bakundana, nta gahunda yo kuba bazashakana nk’umugore n’umugabo ihari.



Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com, uyu mubyeyi umaze ibyumweru bibiri yibarutse umwana w’umukobwa, yadutangarije ko ubu ibyishimo ari byose kuko yishimiye cyane uyu mwana yibarutse, mu minsi micye akaba azanahabwa izina na se umubyara dore ko amwemera kandi akaba amwitaho uko bikwiye.

Mukarujanga ubwo yari atwite

Mukarujanga ubwo yari atwite

N’ubwo ariko uyu musore wabyaranye na Mukarujanga witwa Harerimana Mubarak yari asanzwe ari umukunzi we bari bamaranye imyaka itatu bakundana, kugeza ubu Mukarujanga yemeza ko nta gahunda ihari yo kuba bazashakana bakabana nk’umugabo n’umugore, umusore akaba azita ku mwana babyaranye ariko buri wese agakomeza kubaho ubuzima bwe.

Mukarujanga yagiye akinana na Samusure, kuburyo byatumye hari bamwe bavugaga ko ari we wamuteye inda

Mukarujanga yagiye akinana na Samusure, kuburyo byatumye hari bamwe bavugaga ko ari we wamuteye inda

Mukarujanga kandi avuga ko akazi yari asanzwe akora ko gukina amafilime n’ubundi yiteguye gukomeza kugakora, kuburyo n’ubu uwaramuka amuhaye akazi ko gukina muri filime ye yahita abyemera kuko yumva akomeye kandi akaba afite imbaraga nta kibazo.

Hagitangazwa ko Mukarujanga atwite, uyu musore yatangiye gushyirwa mu majwi ko ari we wayimuteye kubera iyi foto Mukarujanga yarii yaramanitse iwabo mu nzu

Hagitangazwa ko Mukarujanga atwite, uyu musore yatangiye gushyirwa mu majwi ko ari we wayimuteye kubera iyi foto Mukarujanga yarii yaramanitse iwabo mu nzu

Mu minsi ishize uyu mubyeyi yari yatangaje ko yishimye kandi agatungurwa bidasanzwe no kumva ko atwite, dore ko mbere yaho abantu benshi bajyaga bamutera ubwoba bakamubwira ko kubera ibiro afite atazabasha kubyara, muganga akimara kumuhamiriza ko yamaze gusama bikaba byarabaye nk’inzozi kuri we kuko nawe ubwe yari yaramaze kwiyumvisha ko atabasha kubyara.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • OZIL9 years ago
    kuba yarabya nibyo gushimira IMANA naho kuba umugabo yaremeye umwana ntakibaz ibibaz byaza amwanze.
  • OZIL9 years ago
    kuba yarabya nibyo gushimira IMANA naho kuba umugabo yaremeye umwana ntakibaz ibibaz byaza amwanze.
  • Mukiza Chris Emmanuel9 years ago
    Uwomusore Yarato Mboye Ahubwo Bazibanire
  • ddd9 years ago
    umaze ibyumweru bibiri none ngo urakomeye?ibyo uvuga ntubizi.ubanza uruhuke wikinisha ibyo utazi nkuwabuze uko agira.bitabaye ibyo umugongo uraje ukurye wumirwe.ahubwo congs
  • Ndayishimiye erineste9 years ago
    njyembona barushinga kuko yamuteye inda bakundana.
  • Niyitegeka thomas9 years ago
    Ahubwo abo ni aba star kweri uzi ko ari nkabazungu nanjye azaze tunyarane kuko numva adakurikirana abamubyayeho! umenya atazi agaciro kabagabo yari yibabariye umwana tu.
  • kayitare9 years ago
    niyonkwe
  • Abayisenga Diane8 years ago
    wao! biratangaje gusa felicition kuri Mukarujanga.





Inyarwanda BACKGROUND