RFL
Kigali

Miss Shanel yasabwe aranakobwa nyuma y'amezi hafi atatu abana n'umugabo bambikanye impeta - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:25/10/2014 19:56
24


Nyuma y’uko Nirere Ruth uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Miss Shanel yambikanye impeta n’Umufaransa Guillaume Favier kuwa gatandatu tariki 2 Kanama 2014, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira 2014 nibwo hakozwe imihango yo gusaba no gukwa uyu muhanzikazi yabereye iwabo ku ivuko i Masaka mu karere ka Kicukiro.



Imihango ya mbere y’ubukwe bwa Miss Shanel na Guillaume Favier yabereye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa aho basezeranye bakanambikana impeta, icyari gitahiwe kikaba ari imihango yo gusaba no gukwa yagombaga kubera iwabo wa Miss Shanel, kuba ibi byaje nyuma y’iminsi babana nk’umugore n’umugabo bikaba biri mu byagarutsweho mu mihango yo gusaba no gukwa.

Mbere gato n'ibirori byo kumusaba no kumukwa, Miss Shanel yari mu myiteguro y'ibi birori

shanel

shanel

Mbere gato n'ibirori byo kumusaba no kumukwa, Miss Shanel yari mu myiteguro y'ibi birori 

Liza Kamikazi mbere y'uko ubukwe buba yari mu bashyashyanaga mu myiteguro

Liza Kamikazi mbere y'uko ubukwe butangira yari mu bashyashyanaga mu myiteguro

Hari yateguwe imitako myinshi iryoheye ijisho

Hari yateguwe imitako myinshi iryoheye ijisho

Umuhanzikazi Mariya Yohana uzwi cyane mu ndirimbo ye yitwa "Intsinzi", aha yari kumwe n'umugore wa Nyakwigendera Minani Rwema

Umuhanzikazi Mariya Yohana uzwi cyane mu ndirimbo ye yitwa "Intsinzi", aha yari kumwe n'umugore wa Nyakwigendera Minani Rwema

Mani Martin na Nibagwire Dida, umwe mu bahanzikazi mu by'ubugeni n'ubuvanganzo

Mani Martin na Nibagwire Dida, umwe mu bahanzikazi mu by'ubugeni n'ubuvanganzo

Se wa Miss Shanel yari yabukereye

Se wa Miss Shanel yari yabukereye

Abantu bari benshi muri ubu bukwe, inshuti n’umuryango bo ku ruhande rwa Miss Shanel bari babukereye, abo ku ruhande rw’umugabo we Guillaume biganjemo abazungu nabo bari benshi baje kumushyigikira muri ibi birori byari biryoheye ijisho, ibirori byagaragayemo ibishimo bidasanzwe hagati y’abanyarwanda n’Abafaransa.

Guillaume Favier aha yari yicaye ategereje gusabirwa umugeni we

Guillaume Favier aha yari yicaye ategereje gusabirwa umugeni we

Favier yari agaragiye n'inshuti n'abavandimwe baturutse mu Bufaransa

Favier yari agaragiwe n'inshuti n'abavandimwe baturutse mu Bufaransa

Umugabo yari agaragiwe n’abazungu ariko mu bari bamuherekeje hari harimo n’abanyarwanda bakunze kuba cyane mu Bufaransa, muri aba hakaba harimo n’umuhanzi Francois Xavier wamenyekanye cyane ku ndirimbo “Umwana ni umutware”, umusaza wari uhagarariye Guillaume nawe akaba yari umunyarwanda kuburyo hakoreshejwe neza imisango y’abasaza imenyerewe mu muco nyarwanda, gusa hagati aho umushyushyarugamba wari uyoboye ibirori yacishagamo agasemurira abatumva ikinyarwanda, n’umusaza wari uhagarariye umuryango wa Miss Shanel nawe akaba yacishagamo akavuga no mu Gifaransa ngo abafaransa bari muri ubu bukwe babashe gusobanukirwa.

Abasaza bavugaga iby'imisango ijyanye no gusaba no gukwa

Abasaza bavugaga iby'imisango ijyanye no gusaba no gukwa

Muri ubu bukwe hakoreshwagamo ibikoresho gakondo byo mu Rwanda nk'uducumu n'imiheha ya Kinyarwanda

uducuma

Muri ubu bukwe hakoreshwagamo ibikoresho gakondo byo mu Rwanda nk'uducumu n'imiheha ya Kinyarwanda

uducuma

Abazungu nabo ntibatanzwe mu kunywera ku ducuma, babikoraga bigaragara ko babyishimiye cyane

Abazungu nabo ntibatanzwe mu kunywera ku ducuma, babikoraga bigaragara ko babyishimiye cyane

Ibi birori byaranzwe n’ibyishimo byinshi, byitabiriwe n’abahanzi batandukanye hano mu Rwanda ndetse bamwe muri bo banafashije Miss Shanel muri imwe mu mirimo y’ubukwe, nka Mani Martin yari mu bashinzwe kwakira abashyitsi naho Liza Kamikazi we yari agaragiye Miss Shanel nk’umushyingira, mu gihe Mariya Yohana yatanze ubutumwa mu ndirimbo ariko akanagaragira Miss Shanel nka nyirasenge.

Senderi ari mu batashye ubu bukwe

Senderi ari mu batashye ubu bukwe

N'ubwo amaze iminsi yararembye, Mako Nikoshwa nawe yari ahari

N'ubwo amaze iminsi yararembye, Mako Nikoshwa nawe yari ahari

Mani Martin na mukuru wa Shanel

Mani Martin na mukuru wa Shanel

Mu basusurukije ibi birori, harimo itorero Intayoberana ryashimishije abantu bidasanzwe mu mbyino, indirimbo n’utuntu dutandukanye twerekana umuco nyarwanda berekanye imbere y’abageni n’abari batashye ubu bukwe, ibyakozwe n’iri torero kandi rikaba riri mu byashimishije abanyamahanga bari batashye ubu bukwe dore ko ibyo bakoze bisa nk’aho ari wo mwihariko wagaragaraga kuri bo kuko byari ibintu byiza badasanzwe bakunda kubona iwabo. Uretse iri torero, umuhanzi mu njyana Gakondo Daniel Ngarukiye nawe yasusurukije abageni n’abatashye ubu bukwe baranyurwa.

Ubu bukwe bwitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye

Ubu bukwe bwitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye

Miss Shanel yakowe inka, ibintu byashimwe cyane kuba izi nka zagaragaye ahabereye ibirori

Miss Shanel yakowe inka zingana ubushyo, ibintu byashimwe cyane kuba zimwe muri izi nka zagaragaye ahabereye ibirori

Aba nibo bari bagaragiye umugabo

Aba nibo bari bagaragiye umugabo

Ahateguriwe abageni hari hateguwe neza cyane

Ahagenewe abageni hari hateguwe neza cyane

Mariya Yohani agaragiwe n'abakobwa bo mu itorero Intayoberana nibo basohotse baherekeje Miss Shanel

Mariya Yohani agaragiwe n'abakobwa bo mu itorero Intayoberana nibo basohotse baherekeje Miss Shanel

Ubwo hatangiraga imisango y’abasaza, uwari uhagarariye umuryango wa Miss Shanel yakomoje ku kuba harakozwe imihango yo gushyingiranwa batarajya gusaba no gukwa, ibi bikaba byemewe nko guteshuka ku ruhande rw’umuryango wa Guillaume Favier ndetse bahita banasaba imbabazi, ibi byose bikaba byakorwaga ariko mu buryo bwo gutebya no kuryoshya imisango.

Intayoberana

Abakobwa bo mu Itorero Intayoberana bahacanye umucyo

Abakobwa bo mu Itorero Intayoberana bahacanye umucyo

Miss Shanel yari yishimye cyane

Miss Shanel yari yishimye cyane

Aha yari yicaye ngo ahabwe impanuro na nyirasenge

Aha yari yicaye ngo ahabwe impanuro na nyirasenge

Ba nyirasenge n'urungano bari biteguye kumutanga

Ba nyirasenge n'urungano bari biteguye kumutanga

Mariya Yohana amuha impanuro nka Nyirasenge

Mariya Yohana amuha impanuro nka Nyirasenge

Kubera impanuro za Mariya Yohana, Miss Shanel byageze aho biramurenga amarira arashoka

Kubera impanuro za Mariya Yohana, Miss Shanel byageze aho biramurenga amarira arashoka

Itorero Intayoberana ryakomezaga kugenda rigaragiye umugeni

Itorero Intayoberana ryakomezaga kugenda rigaragiye umugeni

Guillaume n'umusaza wamusabiraga

Guillaume n'umusaza wamusabiraga 

Aha Miss Shanel yari amaze gushyikirizwa umugabo we

Aha Miss Shanel yari amaze gushyikirizwa umugabo we

Abageni bahanye impano banaziha imiryango

Abageni bahanye impano banaziha imiryango

Umuhanzi Francois Xavier yari ku ruhande rw'umugabo

Umuhanzi Francois Xavier yari ku ruhande rw'umugabo

Aha bari bagiye mu byicaro

Aha bari bagiye mu byicaro

Aha bari bageze mu byicaro byabo bari bateguriwe

Aha bari bageze mu byicaro byabo bari bateguriwe

Abahanzikazi Tonzi na Aline Gahongayire nabo batashye ubu bukwe

Abahanzikazi Tonzi na Aline Gahongayire nabo batashye ubu bukwe

itorero

2

Intayoberana

3

4

5

Intayoberana

itorero

2

Intayoberana

3

Itorero Intayoberana ryasusurukije abantu baranyurwa cyane

Itorero Intayoberana ryasusurukije abantu baranyurwa cyane

REBA HANO AKA VIDEO BABYINA

Manirakiza Théogène

Photo: Jean Chris Kitoko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • benimana bilgets9 years ago
    intayoberana mukaze umurego
  • Camille9 years ago
    Waou, mbega byiza. Urugo ruhire kubageni
  • ganza9 years ago
    umugabo ushaje Shannel akurikiye iki ra, amafranga we!
  • 9 years ago
    Ahubwo murabarezi ntago muzi kureba ubwose urabona uwo mugabo atariwe wihenze
  • santos9 years ago
    shanel watweretse ibirori byiza cyane twaragushimiye ako cyane cyane intayoberana murambere murwanda mukomereze aho turabashyigikiye
  • Bizeze9 years ago
    None se umuntu asaba icyo afite? ni nko gukora ikizami cyakazi, kandi wamaze kugatangira kera. Niyo mpamvu nanze kuhaboneka, nta kindi kibazo dufitanye, ariko sinjya nemera dramas. Eraga aratinyuka akaniriza, nkaho ari umukobwa koko. ubwo se amezi 3 bamaranye, uriya musore ntibabanaga. yewe na mbere yuko basezerana, biriraga ku mbuto zibujijwe(forbiden fruits).ntimugateshe abantu umwanya. muzige kudakora ibintu macuri.
  • Shema 9 years ago
    Miss Shanel nubwo ugiye kure nizere ko uzakomeza kuririmba,urugo ruhire....
  • Shema 9 years ago
    Miss Shanel nubwo ugiye kure nizere ko uzakomeza kuririmba,urugo ruhire....
  • rolande9 years ago
    wauuu tubifurije urugo ruhire
  • rolande9 years ago
    wauuu tubifurije urugo ruhire
  • didino9 years ago
    cyakora narumiwe pe!!iryo nishyari nshuti.wowe wiyise bizeze.
  • Dusabe Alia9 years ago
    Ariko mwe murimo kwica ubukwe bwabaye?umusore ashaje he c?muzabyare muheke
  • Dusabe Alia9 years ago
    Ariko mwe murimo kwica ubukwe bwabaye?umusore ashaje he c?muzabyare muheke
  • Rhulu9 years ago
    nari mpibereye byari byiza pe, ikinyabupfura, ubwitonzi, umutuzo, mbese byari bikwiye kubera urugero abandi ba stars
  • Rhulu9 years ago
    nari mpibereye byari byiza pe, ikinyabupfura, ubwitonzi, umutuzo, mbese byari bikwiye kubera urugero abandi ba stars
  • bbe9 years ago
    bizeze ubwose uvuziki kko igihe cyose warira biterwa nimpanvu niyo babamaranye 5ans courage rata urugo ruhire
  • 9 years ago
    Woe wiyise bizeze uri bizeze koko! ko wanze kuhaboneka c ubukwe bwarapfuye? Uri Fake sana
  • dadu9 years ago
    Imana ibahe Imigisha Myinshi, muzabyare hungu na kobwa ... mbese bizeze we uzarye umenya gushima Ibyiza.. naho kugaya ibyabandi bagezeho ntibukubaka ahubwo biragusenya...
  • umutesi9 years ago
    ariko iryo shyari niryiki?icyo bapfa nuko bemeranye
  • umutesi lyna9 years ago
    hhhh





Inyarwanda BACKGROUND