Umunsi wa gatatu wa shampiyona ntiworoheye Tottenham kuko yatsinzwe na Liverpool ibitego 3-0 byose naho Arsenal ikorwa mu jisho na Leicester binganya 1-1.
Umukino wahuje ikipe ya Liverpool na Tottenham, Rahem Sterling niwe wafunguye amazamu ku munota wa 8 gusa mu gice cya mbere.
Mu gice cya 2 Steven Gerrrard yaje gushyiramo ikindi gitego cya 2 kuri penaliti yinjije neza ku munota wa 49 naho Alberto Moreno atsinda agashinguracumu ku munota wa 60 ndetse umukino uza kurangira gutyo ari ibitego 3-0 bya Liverpool.
Uyu mukino wagaragayemo rutahizamu mushya wa Liverpool Mario Balloteli ariko ntiyabasha gutangira atsinda ibitego nk’ uko byari byitezwe.
Mario Balotelli yagerageje gushaka igitego biranga
Ikipe ya Liverpool yarushije ingufu cyane ikipe ya Tottenham mu busatirizi bwari bugizwe na Rahem Sterling, Daniel Sturridge na Mario Balotelli kuko mu mukino wose Liverpool yateye amashoti 8 agana mu izamu rya Tottenham mu gihe Tottenham yo yateye ishoti rimwe gusa.
Uyu mukino kandi wabonetsemo amakarita y’ umuhondo 4 yose yahawe abakinnyi b’ ikipe ya Liverpool.
Undi mukino wahuje ikipe ya Arsenal na Leicester warangiye ari 1-1. Alexis Sanchez niwe wafunguye amazamu ku munota wa 20 w’ umukino hanyuma Jose Leonardo Ulloa wa Leicester acyishyura nyuma y’ iminota 2 gusa ni ukuvuga ku munota wa 22, ndetse umukino urangira ntayindi kipe yongeye kubona izamu.
Umunsi wa 3 w’ imikino ya shampiyona ukaba usize ikipe ya Chelesea iziyoboye n’amanota 9 ku 9 nyuma yo kunyagira Everton ibitego 6-3 harimo 2 bya Diego Costa, Manchester City igera ku mwanya wa 4 n’amanota 6 nyuma yo gutungurwa na Stoke City ikayitsinda igitego 1-0, Liverpool na Tottenham nazo ku mwanya wa 5 na 6 zikanganya amanita 6 naho Arsenal ikazikurikira ku mwanya wa 7 n’ amanota 5.
Manchester United ikaba ikirwana no kubona amanita 3 byayibereye ingorabahizi dore ko yanganyije 0-0 na Burnley yazamutse mu kiciro cya mbere uyu mwaka ihita ijya ku mwanya wa 14.
Dore uko imikino yose y’ umunsi wa 3 yagenze:
Dore uko urutonde ruhagaze kugeza ubu n’ amanota imbere ya buri kipe:
Alphonse M.Penda
TANGA IGITECYEREZO