RFL
Kigali

Ibirori by'isabukuru ya Perezida Robert Mugabe byaranzwe n'udushya dutandukanye-AMAFOTO

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:2/03/2015 10:14
1


Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 91 umukuru w’igihugu cya Zimbabwe Robert Mugabe amaze avutse byaranzwe n’udushya twinshi turimo nko kugaburira abantu inyamaswa zo mu ishyamba ndetse n’impano zitangaje uyu mukambwe yahawe zirimo n’inka 40 zose.



Uyu mukambwe ubusanzwe yavutse ku ya 21 Gashyantare uyu mukambwe yahisemo gukora ibirori bye ku ya 28 Gashyantare maze biba ibirori bikomeye dore ko byitabiriwe n’abasaga ibihumbi 20 ndetse bitwara n’akayabo ka miliyoni y’amadorali ya Amerika ni ukuvuga asanga miliyoni 700 z’amanyarwanda.

Ibirori by'isabukuru y'uyu mukambwe byatwaye akayabo k'asaga miliyoni 700 z'amanyarwanda

Uretse kuba abantu bitabiriye ibi birori bagaburiwe inyama z’inyamaswa zitangaje kandi uyu mukambwe afatanyije n’umutambukanyi we Grace Mugabe bakwije mu kirere imipira 91 ingana n’imyaka amaze ku isi ndetse banafatanya gukata umutsima utari muto wari ukoze mu ishusho ya Afurika hariko igihugu cya Zimbamwe.

Afatanyije na Grace Mugabe, bakwije utu dupira 91 twose mu kirere ndetse banakata uyu mutsima

Abari bitabiriye ibi birori bagaragaje akanyamuneza ku maso gusa nanone hari umubare munini w’abatuye iki gihugu batishimiye uburyo ibi birori bihenze cyane dore ko amafaranga yabikoze yashoboraga kugira byinshi afasha abaturage b’iki gihugu kikiri mu nsira y’amajyambere

Reba hano andi mafoto

Bari bambaye imyenda iriho ifoto ye

 

Bari banezerewe

http://www.umuryango.rw/local/cache-vignettes/L600xH509/mugabe9-500c6.jpg

Denise IRANZI






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • fils9 years ago
    bamufate atongera kugwa





Inyarwanda BACKGROUND