RFL
Kigali

Ese birakwiye ko umunyamakuru yaba umwe mu bahitamo umutoza w'ikipe y'igihugu AMAVUBI?

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:4/03/2015 9:40
17


Hashize iminsi mike ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ritangaje abantu barindwi bagize akanama gafite inshingano zo guhitamo umutoza w’ikipe y’igihugu uzasimbura Steven Constantine wasezeye. Muri aka kanama gak.uriwe na Lee Johnson hakaba hagaragaramo abanyamakuru babiri Bagirishya Jado Castar na Jean Butoyi.



Ubusanzwe mu Rwanda abanyamakuru b’imikino n’imyidagaduro  bafatwa nk’abavuga rikijyana ku bijyanye  n’umurongo w’imikino mu gihugu ,ariko ahanini akazi kabo  kagakorwa  hubahirizwa amahame  n’akamaro k’umwuga  w’itangazamakuru aribyo kumenyesha,kwigisha ,gukora ubuvugizi no gushimisha  abaturage.

Gusa hari benshi bibaza byinshi mugihe uyu mwuga wabangikanyijwe n’indi mirimo isa naho itandukanye nawo , Ese umunyamakuru unakorera  Ministeri cyangwa se ikigo runaka ashobora gukora inkuru ivuga amakosa akorwa muri icyo kigo?Ese umunyamakuru yakora inkuru inenga inshuti ye magara? Ni gute se  umunyamakuru yakora  inkuru ivuga amakosa y’umuntu yagize uruhare rutaziguye mu kumushyira mu nzego zikomeye z’ubuyobozi kandi zifata ibyemezo?

Ibi ni bimwe mu bibazo byibazwa na benshi cyane cyane abakora mu mwuga w’itangazamakuru nyuma yaho kuri uyu wa mbere tariki ya 2, Werurwe 2015 aribwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje amazina y’abantu barindwi bazaba bagize akanama kagomba guhitamo umutoza w’ikipe y’igihugu y’ u Rwanda (Amavubi ) mu minsi iri imbere. Mu batoranyijwenk’uko twatangiye tubivuga  hakaba harimo abanyamakuru babiri b’imikino aribo:  Bagirishya Jado Castar  ukorera Radio10 ndetse na  Butoyi Jean ukorera Radiyo na televiziyo y’u Rwanda.

Jean Butoyi

Jean Butoyi

Gusa ibi bikimara gutangazwa, benshi mu banyamakuru  n’abandi bafite aho bahurira n’imikino mu Rwanda ntibavuze rumwe ku buryo umunyamakuru ukora umwuga uzira amarangamutima yagira uruhare mu guhitamo umuntu azajya ahura nawe mu kazi ke ka buri munsi rimwe na rimwe anamubaza amwe mu makuru atamuvuga uko abyifuza.

Mpamo Thierry Tigos ni umunyamakuru wakoreye amaradiyo atandukanye ndetse akaba yaranakoze mu itangazamakuru ryandika, kuri we avuga ko nubwo umunyamakuru ahora mu bijyanye n’imikino, bidakwiye ko mu gihe agikora uyu mwuga yakagombye  kuba agaragara mu bazahitamo umutoza. Mu kiganiro yagiranye na TV1 Tigos yagize  ati " Yego abanyamakuru bashobora kumenya umutoza mwiza kuko baba basanzwe babikurikira,gusa mugihe bakiri abanyamakuru sinzi uburyo bazajya kuri micro cyangwa television bakagira icyo bavuga kuri uwo mutoza mugihe wenda atatsinze nyamara baragize uruhare mu kumushyiraho,ubwo byaba ngombwa ko babogama kandi nyamara ihame ry’itangazamakuru ritabyemera ".

Ku rundi ruhande Niyifasha Didas ni umunyamakuru akaba n’umuyobozi wa Radio Inkoramutima atangaza ko yatunguwe cyane acyumva ko abanyamakuru babiri bari mu bazatoranya  umutoza, yagize ati “ Umuntu wakinnye umupira wakumva ko ngo umunyamakuru yitabajwe mu gutoranya umutoza nawe yaduseka cyane,sinzi niba  Butoyi ubu wamubaza ko azi ibyikibuga neza, ntiyawukinnye ,nta hugurwa yabonye gusa kuri micro ni sawa ,ni kimwe na Castar,tumuzi nk’umutoza wa volley ball ,yewe no kuri micro abyitwaramo neza ,ariko mu mupira w’amaguru nta bundi bushobozi muziho, nabo nka bagenzi banjye baramutse banyumviye rwose ibi babivamo."

Jado

Bagirishya Jado Castar

Akanama kazatoranya umutoza w’amavubi kagizwe na  Kayiranga Albert  usanzwe ayobora komisiyo tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda  FERWAFA, Yves Rwasamanzi ,uyu akaba ari umutoza ufitanye umubano mwiza na Ferwafa, Rudasingwa Rongin wabaye umutoza igihe kirekire na Kayijuka Gaspard wo muri minisiteri y’umuco na sport (MINISPOC).

Lee Johnson

Lee Johnson usanzwe ari directeur technique muri FERWAFA niwe ukuriye aka kanama kahawe inshingano zo guhitamo umutoza mukuru w'AMAVUBI

Aka kanama katangiye ku mugaragaro imirimo kuri uyu wa mbere aho katangiye kiga  ku myirondoro y’abatoza basabye akazi ko gutoza ikipe y’igihugu,Amavubi.

Mu batoza basaga 42 banditse  basaba gutoza amavubi ,muri bo hagaragaramo abamenyekanye cyane nka  Raymond Domenech watoje Ubufaransa akabugeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cya 2010, umufaransa Patrice Neveu, Didier Gomes Da Rosa wagiriye ibihe byiza mu ikipe ya Rayon Sport kuri ubu akaba ari kubarizwa muri Coton sport de Garoa n’abandi.

kuri uyu  wa kabiri tariki ya 3 Werurwe 2015  biteganyijwe ko aka kanama kaza kujonjora abatoza bagomba kugaragara ku rutonde rwa nyuma (shortlist), ruzifashishwa  mu guhitamo umutoza nyawe ubereye gutoza Amavubi.

Iyi nkuru ishingiye ku bitekerezo bwite bya bamwe mu banyamakuru b’imikino hano mu Rwanda, tukaba tuyikesha umwe muri bo witwa Kayigamba Theophane.

Ese wowe nk’umusomyi, kuba aba banyamakuru bashyizwe mu kanama gashinzwe guhitamo umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru(AMAVUBI) initegura irushanwa rikomeye rya CHAN rizabera mu Rwanda, urabona bishobora kuzana izihe ngaruka nziza cyangwa mbi?

INYARWANDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MWISENEZA9 years ago
    Yego birakwiye kuko abanyamakuru ni abantu bazi background y'abatoza, ibyo bakoze neza cg nabi kurusha . Abanyamakuru barareba bagakora isesengura ry'imitwarire yabantu bagatanga umwanzuro kandi akenshi uwo mwanzura uba ariwo 95% nibura bibeshyaho gake. Wenda murumva ari abantu bato badafata ibyemezo ariko nibura bajya muri commission bayifasha kwegeranye ibintu bishingirwaho bafata umwanzu. Gusa mutwereke critere bakurikije bafata umutoza. ikindi ntibarebe ngo yagejeje ikipe aha babanze bagereranye iyo kipe n'amavubi.
  • Ngurinzira9 years ago
    Castar kubera kuvuga cyane byatumye Deguale amutinya,ntakimusiga mubintu byose.kandi uzarebeko bimwe yasenyaga ba Abega na Kazura,ntajya yibeshya ngo avuge nabi shebuja Deguale!!!naho Ubundi nta munyamakuru utoranya umutoza reka reka!!
  • mugisha steaven9 years ago
    ikibazo suko hajyamo umunyamakuru kuko numufana usamzwe bamwatse igitekerezo yagitanga ahubwo ikibazo uwo munyamakuru urimo arabikwiye? umuntu ubusanzwe urangwa namarangamutima ntiyagombye kujyamo bariya bomb I uwabasimbuza Kazungu Claver azi ibyumupira kandi ntarumagura
  • kiki9 years ago
    hahaha jyewe narumiwe rwose luc email mwibuke intervion yatanze avuga ko mu rwanda muri football arimuyindi isi yacu none jyewe ndatera murye mvuga kwaribyo mwibuke gasa avuga ko foot yo mu rwanda irimo ubucakara bigahita bihuza nibingibi nigute umunyamakuru ajya mubatoranya umutoza ese buriya mwibeshya ko kuba jado castal yirirwa kuri micro haraho bihuriye nubu technisien bwa football degaulle rero burimusi ntutinda kwerekana imbaraga nyeya zawe ntiwitakaje abatoza cyangwa abakinyi bakinye ngo kuko jado aguhishira amakosa yawe ahubwo akagutaka umutuye gutoranya ibyo atazi ariko degaulle ajye amenya ko isi yose football ariyo ikunzwe jyewe mbona weho niyo ngabo yawe jado muzatubabaza mpaka. 2. nabonye inkuru kuri ruhago yacu ivuga ngo umutoza wamavubi azajya atoza apr na rayon sport ngo kuko abatoza bayo badashoboye ibyo ntaho byabaye ni yasi yacu twihariye mu mupira luc email yavuze degaulle mbere yokuvuga ujye ubanza utekereze ese gasa ko yavuze ko football yo mu rwanda irimo ubucakara mukamutumizaho ibyo yavuze ntibyigaragaje nigute umutoza weho president wa federation ubona yafasha apr na rayon gusa izindi se za police za kiyovu za as kigali nizindi zaba zirihehe nibwabucakara rero gasa yavuze ntibitinze weho degaulle urabigaragaje biturutse mukanwa kawe.
  • diddy 9 years ago
    njye ndabishyigikiye kuko bariya baba muri monde y imikino. nonese muragirango bashyiremo abakomisiyoneri bamazu nibibanza?
  • 9 years ago
    Ati aba commissionaire bibibanza namazu !!! uransekeje Diddy!
  • mangala9 years ago
    ntaho byabaye,ahubwo twavuga ko ari amahano yabaye muri iki gihugu ,umunyamakuru ntatora umutoza w' igihugu, naramuka atsinze tuzatere castar n' umuryango we cg se jean Butoyi,ahubwo nabo nkeka ko ari amaco yinda yabo bagabo, jado atangiye kumera nk' uruvu rero.ndababaye nuwo twizeraga yarahindutse ,yoooooooooooo,amafaranga arakomeye koko Jado wariye aya radio 10 ayandi ukayihorera.
  • Rutayisire emmanuel9 years ago
    Kuki ariko Abanyamakuru b'imikino mugirirana amashyari? Radio 1 kuva Kazungu yahuye na Kayigamba byo amatiku ntawe uza kuyakira. 1. Uretse no gutoranya umutoza w'Amavubi, Abanyamakuru banatoranya umutoza, abakinnyi, n'amakipe ya mbere ku Isi. Ikibi ni uko yari kuba president wa Republika kandi sibyo 2. Jado na Butoyi si abaswa, tuzi aho bavuye. Si bo bonyine kuko akanama karimo ingeri nyinshi( MINISPOC, Directeur Technique, FERWAFA....) 3. Amakuru kuri buri mutoza yari akenewe, Abanyamakuru bayashatse, abatechniciens bagahitamo si igitangaza Icya kane, umutoza hari ababishinzwe kumutoranya, akazi kabo uko FERWAFA ibitangaza ni ugukora liste nto( short list) 4. Tureke amatiku, twubake..Mbese ubundi hari uzi aho Constantine yavuye? Ntiyatoje neza se? None se mwasanga abo mugaya aribo bari baramuzanye ntimwamwarwa None se bafate Kazungu koko numvise usakuza, utaranarangije secondary school? Bafate Kayigamba se koko? Bafate Tigos, Didas....? Come on, ishyari riba mu Itangazamakuru rya Sports rizatuma mudatera imbere kabisa. Kuki umunyamakuru wagiriwe icyizere, abandi basigaye bibabaza? Ahubwo reka nshimire FERWAFA kuko abakurikiranira hafi ruhago bose nabonye bahagarariwe. Tugirire icyizere abantu, naho ubundi n'umukuru w'Igihugu kukiyobora burya si uko aba azi byose, ariko ayobora ababizi bakayobora abandi. Abanyamakuru ba sports mugabanye amashyari kuko n'ubwo mwitwa kimwe, turabizi ko mutanganya experience, ubuhanga n'ubushobozi. Utaramenya yigire ku bandi rero, naho amashyari yo yazabamara.
  • kamanzi9 years ago
    Rutayisire niba uvukana na jado uramenye ntukazane ibyo gushyigikira ubuse kazungu clever umuzijishe iki? umuzanye gute se mugutoranya abatoza none se nkubaze kuvuga ko kazungu atize primaire kuki ariwe munyamakuru ufite agahigo ko gukora kuma radio yose radio frash radio contact radio 10 hamwe na radio isango yewe niyo abarizwaho radio one nuko ashoboye mubyo arimo ntaho football ihuriye namashuli kuko hakurikizwa amashuli ntiyakora kurayo ma radio yose kandi kazungu niwe munyamakuru wemewe niyayo mpamvu akundwa cyane nuko atajya ruswa nkuwo jado wawe ushyigikira. ikindi kandi ntaho byabaye ngumunyakuru atoranye umutoza kandi ariwe uzareba kwibyo akora aribyo cyangwa ataribyo ahongaho namutoranya niho hava gushyigikira amakosa kuko ntazamuvuga nabi ariwe wamuzanye. naho wizana ibyo kuza usebyanya usebya kazungu kuko weho rutayisire nta radio nimwe urakoraho none undi yakoze kuri radio zose zomu rwanda ukaza umusebya niba ari na jado wagushutse njyewe rwose ngutumye kuri jado ntabwo azigera akundwa nka kazungu clever kuko jado arangwa no kujya ruswa agashyigikira amakosa
  • Rutayisire Emmanuel9 years ago
    Ngarutse ngo nsubize Kamanzi. Muvandimwe Kamanzi, ibyinshi wabyisubije hano. Nawe ibaze impamvu nyine uwo ushimagiza azenguruka amaradio, ni nk'umugore uzenguruka abagabo arangwa na za gatanya. Ibyo si ubumanzi rero ahubwo ni inenge. Icya kabiri, Uvuze Jado cg Butoyi na Ruswa ndaseka, kuko tubazi nk'abagabo bitunze, ahubwo uwo Kazungu wawe niwe uzwiho gutesha umutwe ba afande asabiriza kandi nyamara nta mwana ariza. Naho ibyo gukingira amakosa byo sibyo, ahubwo tuzi ko abo uvuga aribo bemerwa..Gusa byo abo urata ni abahanga mu kurema amakosa na byacitse aho bitari no guteza imvururu na byacitse mu bakunzi ba sports mu Rwanda. Simvuzi ko abanyamakuru ba sports bose ari shyashya, oya. Ariko niba uri ku rwego rwo kugereranya Jado, Butoyi na Kazungu cg Kayigamba, ndumva tutasangirira ku meza amwe, am sorry! Igikuru, amatiku mu banyamakuru ba sports mu Rwanda azashira ryari? Amashyari azashira ryari? Bose se bazangana koko? Ahubwo se wemeye uwawe nkemera uwanjye nta gusererezanya, kwenderanya, bose ntibabaho? Plz, sports si intambara
  • KAMANZI9 years ago
    hahaha rutayisire biragaragara ko watumwe na jado gusa umva nkubwire ukuri kuraryana jado ntamunyarwanda utaramumenye ko yahawe ruswa na degaulle naho kazungu utuka ntarya ajya ruswa ntazi nogusabiriza ese nkubaze weho rutayisire niba utabona amakosa degaulle akora ntacyo navugana nawe kandi nyuma yogukora amakosa jado niwe umushyigikira kuko yarangije kumuha ruswa ninayo mpamvu amuhemba guhitamo umutoza uzatoza amavubi ese ubona jado azikweri kuburyo yahitamo umutoza wamavubi ntufashe ba jimmy mulisa bakinye ntufashe abanu nkaba eric babatoza ngo bagufashe guhitamo ngumunyamakurub jado rutayisire ibyuvuga ntabyo uzi rwose ndaguha urugero rumwe iyo ubona degaulle yavuze kuri radio 10 ejobundi ngumutoza azajya afasha apr kandi azaba yaje mu mavubi na jado akisetsa akavuga ngo nibyo rwose nonese ubwo se urumva jado atariwe ushuka degaulle nigute umutoza azafasha equipe imwe kandi championant irimo ama equipe 14 nibwabucakara gasa yavuze ikindi kandi jado wawe ntazigera akundwa na kazungu clever kuko niba utabizi kazungu niwe munyamakuru dukunda twebwe abafana kuko avuga ukuri ntarangwa na ruswa nkuwo mukuru wawe jado wumurya ruswa
  • eric9 years ago
    mwabagabo mwe murapfa ubusa rutayisire na kamanzi ntawajyereranya urushishi ninzovu muri football jado namugereranya nurushishi kazungu nkamugereranya ninzovu kubera yuko jado mbere twaramwemeraga ariko aho yaje kurya ruswa akabogama kumugaragaro ashyigikira de gaulle mumakosa twahise tumuca amazi nahubundi rutayisire kuvuga ngo kazungu yahinduye ama radio ngo niyo mpamvu byerekana kwadoshoboye ahuribeshye kuko ntiwageraranya umukinyi wakinye muri equipe imwe akayisaziramo nundi wakinye muma equipe meshi ntaho baba bahuriye nuwo jado wawe urata rutayisire twiga muri universite i butare yashiraga ecouteur mu matwi yumva kazungu clever uzamwegere ubimubaze ntagushidikanya rero jyewe ndishuti nyishi nabanyamakuru bavuga sport mu rwanda ubwabo bivugira ko bemera kazungu clever mbagire inama rero mureke guterana amagambo
  • martin9 years ago
    puupuuu jado ntahanu ahuriye na kazungu clever ntimukagereranye ibitagereranywa jado numukozi wa de gaulle urya ruswa akabizana no kuri radio yagiye amenya ubwenge nka david bayingana naho kazungu we tumuziho kuvuga ukuri ntanumwe atinye sumuryi wa ruswa nka jado castal
  • mu9 years ago
    ko mbona mutorohewe Uzi ko mwateranya abo bagabo kandi Wenda ubusanzwe ntacyo bapfa! Mugabanye gucyocyorana mwese ntawe uri bubone inyungu ngo ni uko yavugiye uyu cg uriya.plz be serious.
  • mu9 years ago
    ko mbona mutorohewe Uzi ko mwateranya abo bagabo kandi Wenda ubusanzwe ntacyo bapfa! Mugabanye gucyocyorana mwese ntawe uri bubone inyungu ngo ni uko yavugiye uyu cg uriya.plz be serious.
  • felix iradukunda9 years ago
    kbs turabashyigikiye cyane cyane jado kastar nkumuntu wintyoza kd uzi gushishoza kd winyanga mugayo keep it up for them
  • Castar9 years ago
    Biratangaje kubona umunyamakuru UTARI TECHNICIEN aza mu batoranya umutoza ? Dogori uragaragaza ubuswa kweli ??? Umunyamakuru aravuga akandika then bikagarukiraho !!! Ariko ubuswa bwa Degori abo nibo yagize abajyanama be muri Foot ??? Hato ngo batamuvuga ??? Ntawubyanze ko bariya atari abanyamakuru beza mu kazi kabo ariko si ABATECHNICIEN muri Foot !!! Nongereho ko ari byabindi Dogori ataranya abanyamakuru abacamwo ibice ngo ni SENIORS....!!! Dogori umuntu wagushyize kuri iyo ntebe...azicuza one day...!!! Wakoze akazi kawe neza ukareka kuzanamwo UBUCUCU wa mugani wa Nyakubahwa P Kagame ????





Inyarwanda BACKGROUND