RFL
Kigali

Daniel Ngarukiye arifuza kuba Rujindiri w'ubu cyangwa Sentore-VIDEO

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:27/11/2014 10:59
4


Mu gihe benshi mu rubyiruko rw’u Rwanda rukora umuziki muri iki gihe bigaragara ko bashyira ingufu nyinshi mu kwigira no kwigana abahanzi bo mu mahanga, umuhanzi Daniel Ngarukiye we akomeje gushimangira no gushinga imizi mu buhanzi gakondo, aho ahamya ko atewe ishema no kuba Rujindiri cyangwa Sentore wo muri ibi bihe.



Mu kiganiro twagiranye n’uyu musore ubwo yatugezagaho amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Ndabakumbuye’, yahimbye agamije gutura umuryango nyarwanda uba mu mahanga(Diaspora) ndetse akaba ari nayo yitiriye album ye ya mbere, Daniel Ngarukiye yaboneyeho kudutangariza ko ageze kure ategura album ye, izaba ijana ku ijana ari album y’umuziki nyarwanda gakondo.

Daniel

Mu mashusho y'indirimbo 'Ndabakumbuye', Daniel Ngarukiye aba acuranga INANGA

Ahereye kuri iyi ndirimbo ye nshya yashyize hanze mu buryo bw’amashusho, Daniel Ngarukiye yagize ati “ Ndabakumbuye ni indirimbo by’umwihariko natuye Diaspora nyarwanda aho bari hose ku isi, nkaba narayihimbye mu rwego rwo gusigasira umuco.”

Daniel Ngarukiye akomeza agira ati “ Nyuma y’iyi ndirimbo, ubu ndi gutunganya album yanjye kandi indirimbo ziyigize zikazaba ari gakondo nya gakondo kuko nifuza kuba Rujindiri w’ubu cyangwa Sentore. Album nirangira nzahita nyishyira hanze kandi ntizatinda kuko mu mpera z’uyu mwaka igomba kuba yarangiye.”

Daniel

Daniel Ngarukiye ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka muri iki gihe ashingiye ubuhanzi bwe kuri gakondo y'umuziki nyarwanda

Tubibutse ko iyi album Daniel Ngarukiye arimo atunganya ari nayo album ye ya mbere agiye gushyira hanze, yayitiriye iyi ndirimbo yasohoye ‘NDABAKUMBUYE’, ikazaba igizwe n’indirimbo 10 harimo indirimbo zamenyekanye cyane nka Ikibungenge, Rubanguzankwaya n’izindi.

Reba amashusho y'indirimbo 'NDABAKUMBUYE'

Nizeyimana Selemani

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Alexis Cyamatare9 years ago
    Ndabikunze wowe ubikunde kurushaho nabyo bizakunda bikunze,komerezaho.
  • Christella9 years ago
    Daniel turagushyigicyiye Imana izabigufashemo.ninkamwe twashakaga tukurinyuma tugusengera.
  • Fiona9 years ago
    Komereza aho tukuri inyuma
  • Mayor9 years ago
    uri umuhanga cyane komereza aho turagushyigikiye bitabaraho





Inyarwanda BACKGROUND