I Burundi haraturuka inkuru y’akababaro, aho ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru cyashize tariki ya 29/03/2015 haguye imvura idasanzwe mu Ntara ya Bururi yahitanye ibintu n’abantu, kugeza ubu umubare wabahitanwe nayo ukaba utaramenyekana.
Nk’uko amakuru dukesha urubuga rwa Afrifame.bi abitangaza, abantu batari bake batwawe n’umuvu w’iyi mvura yaguye iva mu makomine ya Muhuta na Bugarama, amakomine ari muntara ya Bujumbura.
itariki ya 29/3/2015 ni umunsi utazibagirana ku baturage b’i Burundi, by’umwihariko bo muri ako karere kibasiwe nibyo biza. Ibiraro byahitanywe n'uruzi rwa Nyaruhonga, uru ruzi kandi rukaba rwahitanye ibarabara rya Bujumbura - Rumonge ruricamo kabiri nkuko bigaragara muri aya mashusho.
Imvura yaguye ari nyinshi bituma uruzi rwuzura, rwisuka mu muhanda rutwara abantu n'ibintu
Ntibyari byoroshye
Nizeyimana Selemani
TANGA IGITECYEREZO