RFL
Kigali

Guverineri Bosenibamwe Aimé atangaza benshi kubera imbaraga ze mu mirimo y'ingufu - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:20/08/2014 12:08
9


Bosenibamwe Aimé ni umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, uretse kuba ari umuyobozi uzwiho umurava mu kazi ke gasanzwe, agaragara nk’umuntu w’umunyembaraga n’umurava udasanzwe nk’uko bikunda kugaragara mu bikorwa by’umuganda cyangwa se ibindi bikorwa by’amaboko abayobozi bagiramo uruhare.



Hari abayobozi benshi bahagarikira abaturage mu mirimo itandukanye y’amaboko bakayibakoresha ariko kuri Bosenibamwe we ni ikinyuranyo, kuko ahubwo hari n’aho abaturage bagaragaza ubunebwe ariko we ntacike intege ndetse ntanabasiganye ahubwo akabyikorera, iteka imbaraga ze n’umurava agaragaza mu mirimo y’ingufu bikaba bitangaza benshi.

BOSENIBAMWE

UU

Uyu muyobozi ubusanzwe ugaragaraho imbaraga cyane cyane mu bikorwa bifitanye isano n’ubuhinzi n’ubworozi, n’ubusanzwe nibyo yize ndetse abifitemo impamyabumenyi ihanitse. Ni umugabo wubatse, afite umugore n’abana batanu. Amaze imyaka 5 ayobora Intara y’Amajyaruguru, mbere yaho akaba yarayoboraga akarere ka Burera gaherereye muri iyo ntara. Mu bindi yakoze harimo kuba umunyamabanga nshingwabikorwa w’icyahoze ari Intara ya Kibungo ndetse yanakoze muri MINAGRI, mbere yaho akaba yaranabaye umwarimu.

Bosenibamwe Aimé agaragaza umurava ukomeye mu mirimo y'amaboko

gav

bosenibamwe

Bosenibamwe Aimé agaragaza umurava ukomeye mu mirimo y'amaboko

Rimwe mu mabanga uyu muyobozi akoresha kugirango agire imbaraga n’umurava, harimo gukora imyitozo ngororamubiri n’ubwo adakunda kubona umwanya wayo munini cyane. Akaba anakunda umupira w’amaguru dore ko uretse kuba afana ikipe ya Musanze abereye umuyobozi w’icyubahiro, anafana ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza ahamya ko akunda cyane.

guverinoma

Irindi banga kuri uyu muyobozi, ni ugusenga kuko ahamya ko we n’umuryango we mu byo bashyira imbere harimo amasengesho, cyane ko umugore we ayobora Korali yo mu itorero ry’Ababatista mu Rwanda yitwa Holebu, gukorera Imana bikaba ngo bimufasha mu kuzuza neza inshingano ze nk’umuyobozi.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • claude9 years ago
    ABO NIBO BAYOBOZI U RWANDA RWACU RUKENEYE BAKURA AMABOKO MU MUFUKA BAGAHA URUGERO RWIZA ABO BAYOBORA
  • 9 years ago
    Aruzuye kabisa
  • johny9 years ago
    haaaaaah nintwari
  • dallas9 years ago
    Mpise mukunda kuko afana chersea
  • kanyarwanda9 years ago
    Sawa sawa. Pe! Un vrai leader! un coup de chapeau.
  • CHAKA9 years ago
    Nguyu umuyobozi nyawe: kora ndebe iruta vuga numve; none se igihe udatanze urugero abo urangaje imbere barebera kuri nde?
  • adjabu9 years ago
    imana ijye imuha ubwengr nkubwo yahaye salomon njye ndi umuyoboke wa ba baptiste nukuri niyo ari murusengero abayicishije bugufi ntiwamenya ko ari governor abayiyicariye nka bandi bakristo uwiteka namujye imbere
  • adjabu9 years ago
    imana ijye imuha ubwengr nkubwo yahaye salomon njye ndi umuyoboke wa ba baptiste nukuri niyo ari murusengero abayicishije bugufi ntiwamenya ko ari governor abayiyicariye nka bandi bakristo uwiteka namujye imbere
  • 9 years ago
    ARARENZE2





Inyarwanda BACKGROUND