RFL
Kigali

Amavubi yatsinzwe na Zambia mu mukino wa mbere yatozwaga na Jonathan McKinstry

Yanditswe na: Alphonse Mukundabantu
Taliki:29/03/2015 17:42
5


Ikipe y’ igihugu Amavubi yatsindiwe mu gihugu cya Zambia ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti u Rwanda rwakinaga bwa mbere rutozwa n’ umutoza mushya Jonathan McKinstry, ibi bitego byose bikaba byinjiye nyuma y’ uko myugariro w’ amavubi Nshutinamagara Ismael avuyemo



Kuri uyu mukino umutoza w’ ikipe y’ igihugu Jonathan McKinstry yari yahaye ikizere bamwe mu bakinnyi batamenyerewe cyane ko bajya babanzamo nka Kalisa Rachid ukinira Police FC, Iradukunda Bertrand udakunze kubanzamo mu ikipe ya APR FC, maze yicaza Mugiraneza Jean Baptiste, Iranzi Jean Claude, Tubane James na Isae Songa usanzwe yaratsindiye AS Kigali ibitego byinshi muri shampiyona.

Igice cya mbere ikipe y’ igihugu yagerageje gukina neza ihererekanya ndetse wabonaga umukino utoroheye Chipolopolo byaje no gutuma amakipe yombi ajya kuruhuka nta n’ imwe ibashije kureba mu izamu ry’ iyindi

Mu gice cya kabiri ubwo myugariro w’ Amavubi Nshutinamagara Ismael yavaga mu kibuga batarasimbuza Kalaba wa Chipolopolo yaje guhita abiba umugono maze afungura amazamu ku munota wa 62  naho Allan nawe atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 82 w’ umikino.

Umutoza Janathan Mckinstry yakoze impinduka yinjizamo Iranzi Jean Claude asimbura Sibomana Patrick, Tubane James asimbura Nshutinamagara Ismael, Mukunzi Yannick asimbura Kalisa Rachid na Mugiraneza Jean Baptiste yinjiramo habura iminota itanu ngo umukino urangire ariko ntibyagira icyo bitanga kuko umukino warangiye ikipe y’ igihugu y’ u Rwanda itabonye n’ igitego na kimwe.

Uyu ni umukino wa mbere Jonathan Mckinstry yaozaga Amavubi akaba awutakaje nyuma yo kugenda akora impinduka nyinshi haba ku bakinnyi 18 yajyanye muri Zambia no ku bakinnyi 11 babanje mu kibuga kuva mu izamu kugeza kuri rutahizamu dore ko abakinnyi bamenyereye yari yabanjemo ari kapiteni Haruna Niyonzima na Nshutinamagara Ismael na Rusheshangoga Michel gusa.

Uyu mukino ushobora kuzagira ingaruka ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rugaragaza uko amakipe y’ ibihugu ahagaze dore ko u Rwanda rwari ku mwanya wa 64 ku isi, bishobora gutuma hagira imyanya u Rwanda rutakaza.

Alphonse M.PENDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    nonese ko ndeba wanditse usa nkumushija icyaha ibyoyakoze nibyo uvuga bazasaza haze abandi
  • Foot ya FERWAFA8 years ago
    Uyu niwo musaruro mwiza ukwiye FERWAFA, urwego rugenzura umupira w'amaguru mu Rwanda tutahwemye kuvuga ko rurangwa n'imiyoborere yuje icuraburindi, akavuyo n'ibindi bibi...Hari ku italiki 20 Mata 2014 ubwo Rayon Sports yashinjwaga gukurura imvururu kuri Stade maze nyuma y'iminsi itanu taliki ya 25 Mata 2014 FERWAFA iyifatiraho inyundo maze si ibihano iyica umugongo. Nyuma y'amezi 11 , taliki ya 18/03/2015 APR ikipe iri ku ibere yakoze ibisa n'ibyashinjwe Rayon, ibikorera i Rusizi. Ubu nyuma y'iminsi 11 yose, FERWAFA ntirayireba yewe n'igitsure. FERWAFA we, komeza utyo nawe nta wundi musaruro urindiriye.
  • Jado8 years ago
    Erega imihini mishya itera amabavu kd mukwiye kumenya ko zambie iri mumakipe akaze no kuyitsindira iwayo ntibyari byoroshye
  • kidobya8 years ago
    hahah!! ariko nkizi nyigaguhuma zabatoza baba batuzanira hano koko sagasuzuguro!!uyuwe arinyuma ya mico pee!! nonese niba asize rutahizamu umwe urwanda rugenderaho murinominsi arabona azatsinda ryari?
  • Fred8 years ago
    Ngaho daaaa,, ariko se kuki batuzanira umutoza udafite experience??? ntubona aho Consta, yari agejeje Amavubi, muzarebe umwanya tuzaba dufite ukwezi kwa kane.





Inyarwanda BACKGROUND