RFL
Kigali

Tigo Rwanda yatanze inka 4 ku baturange bo mu Murenge wa Bumbogo

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:4/07/2015 13:19
0


Nyuma yo gutanga Mituweri 333 mu karere ka Kayonza ikanatanga inka 3 mu karere ka Musanze Sosiyete y’itumanaho Tigo Rwanda mu rwego rwo kuzamura imibereho mwiza, kimwe mu nshingano zayo, yatanze inka 4 ku baturange batuye mu murenge wa Bumbogo.



Kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2015, nibwo Tigo Rwanda yatanze inka 4 ku baturage batuye mu karere ka Gasabo umurenge wa Bumbogo akagali ka Munzunzu aho babanje gusura urwibutso rwaho, banasobanurirwa amateka yaranze ako gace muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Tigo Rwanda

Abayobozi ba Tigo Rwanda bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Tigo Rwanda

Babanje gusobanurirwa amateka

Mu kiganiro twagiranye n’umwe mu bayobozi ba Tigo,  Kabanda Pacifique ushizwe abakiriya muri Tigo yagize ati

Iki ni igikorwa kiri mu bikorwa twakoze muri iyi munsi 100 yo kwibuka no kunamira abavandimwe bacu bazize Jenoside ya korewe abatutsi mu 1994. Mu rwego rwo kutera inkunga, muri uno murenge wa Bumbogo  tukaba inka enye ku baturage bane mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Tigo Rwanda

Hatanzwe inka enye zatanzwe na Tigo Rwanda

Kabandana Pacifique

Kabanda Pacifique wari uhagarariye Tigo Rwanda

Umwe mu bahawe inka waganiriye na inyarwanda.com, Uwimpuwe Marie Louise  yavuze ko yishimye cyane kubw’iki gikorwa Tigo Rwanda ikoze kuko bagiye kujya baboba amata n’ ifumbire bitabagoye. Yagize ati “Kugeza ubu Tigo Rwanda  ikoze ikintu gikomeye cyane ku buzima narimbayemo kuko byashimishije cyane hari igihindutse ku buzima bwanjye kubw’ubufasha mpawe na Tigo.

ANDI MAFOTO

Tigo Rwanda

Pierre umwe mu bayobozi ba Tigo atanga inka

Tigo Rwanda yahawe impano

Ubuyobozi bw'umurenge wa Bumbogo bwahaye impano Tigo Rwanda

Tigo Rwanda

NIYONZIMA Moise 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND