Resitora ‘Chez Benny’ ni kimwe mu bisubizo ku bantu batandukanye bafatira ifunguru ryabo mu mujyi wa Kigali rwa gati. Nyuma y’iminsi ishize itangije serivise zayo, ikaba ikomeje kuvugwa imyato na benshi.
Iyi resitora ikora iminsi yose igize icyumweru kuva saa moyaza mugitondo kugeza saa yine, aho usanga serivise ntageranywa zijyanye no guha amafunguro azira amakemwa abayigana muri ayo masaha yose.
kuva saa moya kugera saa tanu muri Resitora Chez Bennyuhasanga breackfast, aho haba hari amafunguro anyuranye nka Croissant y’agahebuzo, sanduich z’amoko anyuranye ziteguranye uburyo bwa gihanga, omollette nazo z’amako menshi anyuranye, uhasanga kandi nka potage cyangwa soupe ijyana n’umugati naho ku bakunzi ba boil nabo barabazirikana kuburyo bushimishije cyane.
Guhera saa sita kugera saa kumi haba hari buffet iteguyeneza kandi ifite amoko menshi ku buryo buri wese ashobora kubona icyo yishimira akarusho ni uko banazirikanye abantu batarya ibiryo birimo amavuta nabyo bakaba babibategurira, ikindi kandi iyo buffet iba iherekejwe n’imbuto ndetse kubifuza gufungura mu buryo bwa kinyafurika nabo babategurira amafunguro aryoshye cyane utasanga ahandi.
Nyuma yayo masaha ushobora kuhasanga ibyo kunywa no kurya binyuranyebijyanye nuko buri wese yifuza iyo service ikaba igera saa tanu za nijoro.
Uretse ibijyanye n’amafunguro, ushobora kuhiyakirira mugihe cy’ubukwe cyangwa iminsi mikuru inyuranye nka graduation cyangwa ibirori by’isabukuru cyangwa kandi ukahakirira abawe wifuza kunezeranwa nabo. Ikindi ni uko bakira inama z’ubukwe ku mafranga make (10,000Frw) muri ayo mafaranga bakaguha icyo kunywa.
Tubibutse ko resitora Chez Benny ibarizwa mu nyubako ya Centenary houseahagana muri rond point ya ruguru mu mujyi rwagati, ikaba ikomeje kuvugwa imyato na benshi mu bamaze kuyiyoboka mbere.
Ukeneye ibindi bisobanuro cyangwa gufata umwanya(Reservation)wahamagara kuri 0788684762
TANGA IGITECYEREZO