RFL
Kigali

Radio Flash irishimira ko ibiganiro byayo biri kugira uruhare runini mu iterambere ry’igihugu.

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:4/05/2015 20:56
1


Ibiganiro bibiri bya Radio Flash FM nibyobyegukanye umwanya wa mbere n’uwakabiri nk’ibiganiro byiza by’umwaka nkuko byaragagajwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru(ARJ) ndetse n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku iterambere (UNDP).



Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi kwizihizaumunsi mukuru w’itangazamakuru kuri iki cyumweru tariki 3 Gicurasi 2015, ikigo cy’igihugu cy’iterambere RGB n’abafatanyabikorwa cyatanze ibihembo ku banyamakuru mu byiciro bitandukanye.


Ikiganiro Good Evening Rwanda nicyo cyaje kumwanya wa mbere nk’ikiganiro cyiza cy’umwaka cyegukana igihembo cya miliyoni ebyiri n’igice (2,500,000 Frw). Iki kiganiro kikaba gitambuka kuri Radio Flash  kuva ku wa mbere kugera ku wa kane,kuva saa mbili n’igice z’ijoro kugera saa tatu n’igice.



Clement yakira igihembo cyatsindiwe na Good Evening Rwanda,Prof Shyaka Anastase niwe watanze icyo gikombe


Ibi biganiro bibiri bya Radio Flash byahemwenk’ibiganiro bigira uruhare mu iterambere ry’abaturage. Ikiganiro Ikaze munyarwanda  cyitwaga  Good Morning Rwanda cyaje ku mwanya wa kabirigihembwa miliyoni ebyiri z’u Rwanda.


Umuyobozi mukuru wa Radio Flash FM Kamanzi Louis asanga Flash FM iri gutera intambwe mu gufasha igihugu mu iterambere ibinyujije mu biganiro byayo,  ati ‘‘Kubona Flash FM yegukana umwanya wa mbere n’uwa kabiri w’ibiganiro byiza bifasha abaturage mu iterambere ntawe utabyishimira’’.


Akomeza avuga ko umwaka ushize wa 2015ikiganiro Good Morning Rwanda cyari cyegukanye umwanya wa kabiri ariko ubu imyanya ibiri ya mbere yombi ikaba yatashye kuri Flash FM bityo bikaba bigaragaza ko bongereyemo imbaraga. Radio Flash FM ikaba iri guteganya no gushyiraho televiziyo mu gihe cya vuba.


Umuyobozi wa Radio Flash Fm,Louis Kamanzi uwa kabiri uhereye iburyo ufite igikombe mu ntoki


Radio Flash FM kugeza ubu niyo radio yigengayo mu Rwanda yumvikana mu gihugu hose ku mirongo itatu : 89.2 FM Kigali – 90.4 FM  mu Mutara na 95.7 FM Karongi ,yumvikanira kandi no ku murongo wa internet www.flashfm.rw


 Gideon N M







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gakuba 8 years ago
    Muraho, nishimiye yuko Flash FM yegukanye uwo mwanya ariko se kuki iyi Radio itishyura imyenda ifitiye abantu? wanashaka kugirango ubabaze impamvu badashaka kukwishyura bakagusubizanya agasuzuguro ndetse n'ibitutsi byinshi. Iyo Flash FM iza kuba yishyura abantu ifitiye imyenda, yakabaye yarateye imbere. naho ubundi utekereza ko azakizwa n'amahugu uwo isi izamwerekana n'ibuye ryange kumuhisha. Murakoze ibihe byiza





Inyarwanda BACKGROUND