RFL
Kigali

Mu birori byo kwizihiza imyaka 5 imaze ikora, abakozi ba JUMIA basobanuye uko ikora banagaragaza ibyo imaze kugeraho-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/07/2017 18:39
1


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2017 kuri Galaxy Hotel habereye umuhango wo kwizihiza imyaka itanu (5) JUMIA imaze ikora muri Afurika n’imyaka ine (4) imaze ikorera mu Rwanda. Abakozi ba JUMIA bishimira ko intego bari bihaye zo korohereza abanyarwanda kubona ibyo bakeneye vuba kandi neza no kuba bafite umubare munini w’ababag



JUMIA ni sosiyete yorohereza abakiliya kuba bagura ibyo bifuza birimo amafunguro, amazu , ibibanza ndetse no kuba umuntu ubyifuza yagurisha icyo ashaka aciye ku rubuga rwa JUMIA mu cyitwa JUMIA Deal.

Hano mu Rwanda, JUMIA ifasha abakiliya bayigana kuba bagura cyangwa bagakodesha inzu n’ibibanza (JUMIA House), kuba batumiza amafunguro akabasanga aho baba bari hose (JUMIA Food), kuba bagufasha kugura no kugurisha imodoka (JUMIA Car), kuba wagura imyenda biciye mu kitwa Kaimu n’ibindi.

Alvin Katto uyobora JUMIA mu Rwanda avuga ko icyo baharanira ari ukorohereza abanyarwanda muri gahunda zo kugura, kugurisha no gukodesha hifashishijwe murandasi (Internet) kandi ko kugeza ubu bishimira ko abanyarwanda bamaze kumenya Jumia ndetse bakaba bamaze kwiyongera. Alvin Katto yagize ati:

Mu myaka ine tumaze mu Rwanda ndetse n’imyaka itanu JUMIA imaze muri Afurika, navuga ko hano mu Rwanda tumaze kugira byinshi tugeraho kuko akazi twakoze muri iyo myaka niko gatuma ubu tumaze kumenyekana kuko turahita abantu bakamenya ko JUMIA iri mu kazi kandi mbona n’abanyarwanda bitabira serivisi zacu bagenda biyongera. 

Mu kiganiro yagiranya na INYARWANDA, Katto yakomeje avuga ko kuri ubu Abanyafurika n’Abanyarwanda by’umwihariko bagomba kumenya kubyaza umusaruro internet yihuta iri mu gihugu, ikababera inzira nziza yo kugabanya ingendo bajya ku isoko n’amaresitora ahubwo bagaca ku rubuga rwa JUMIA bahaha cyangwa bagurisha bakanakodesha ibyo bifuza.

Mu myaka ine JUMIA imaze mu Rwanda, Katto avuga ko babanje guhura n’imbogamizi yo kubanza kumvisha abantu uburyo internet ari igisubizo ku bibazo bahura nabyo ndetse no kubaremamo icyizere kugira ngo bahagarike gushidikanya kuri serivisi za JUMIA. Alvin Katto yagize ati:

Urabona ko ibintu by’ubucuruzi biciye kuri internet byageze muri Afurika bitinze mu gihe abatuye i Burayi n’indi migabane bari baramaze kubimenyera. Bityo wasangaga mu minsi yacu ya mbere mu Rwanda dutakaza imbaraga nyinshi mu gukangurira abantu kumva neza imikorere yacu.

Uwacu Grace umunyarwandakazi ukora muri JUMIA ariko muri serivisi zo kugura no gukodesha inzu cyo kimwe no kugura ibibanza, yabwiye INYARWANDA ko myaka ine bamaze mu Rwanda baje gusanga inzu ihenze bagize ifite agaciro ka miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika (1.000.000 US$) mu kugurisha mu gihe iyifite igiciro cyo hasi ifite agaciro ka miliyoni icyenda z’amafaranga y’u Rwanda(9.000.000 FRW).

Mu gukodesha, Uwacu avuga ko basanze inzu ihendutse ifite agaciro k’ibihumbi 180 by’amafaranga y’u Rwanda (180.000 FRW) mu gihe inzu ikodeshwa basanze ifite igiciro cya miliyoni umunani z’amafaranga y’u Rwanda (8.000.000 FRW).

Muri Jumia House bisaba ko umuntu wese ufite inzu cyangwa ikibanza ajya ku rubuga (HouseJumia.rw) akareba ahari inzu cyangwa ikibanza yifuza hahita haza uko iteye ndetse ukaza no kubona uwayishyizeho ah aherere n’uburyo wamubonamo nyuma ukaba wahura nawe mukagura cyangwa akagukodesha bitewe n’icyo wifuza.

Kuri ubu muri Jumia House bafite ibibanza bigera kuri miliyoni ebyiri (2.000.000) n’inzu zigera kuri miliyoni 800 (800.000.000). Abashyira inzu cyangwa ibibanza ku rubuga rwa Jumia House bibasaba ko nyiri nzu yishyura ibihumbi 30 by’amafaranga y’u Rwanda (30.000 FRW) mu gihe cy’amezi atatu (3).

Munyabugingo Albert uhagarariye Jumia Food yasobanuye ko icyo bakora ari ukuba buri muntu wese wifuza amafunguro bayamugezaho mu gihe gito mu buryo buhendutse kuko amafunguro ya macye ari uguhera ku gihumbi na magana atanu y’amafaranga y’u Rwanda (1500 FRW).

Mu guhuza abanyarwanda n’amaresitora, Munyabugingo avuga ko imbogamizi bahuye nazo bagitangira byabanje kubagora kubyumvisha abantu uretse abanyarwanda bagiye bagira amahirwe yo gutembera hanze y’u Rwanda. Aha avuga ko bagiye bagerageza kwigisha abantu uko bikora kuri ubu bakaba bamaze kubona ko abakiliya bikubye ku kigero bari bariho bagitangira.

Jumia Market na Jumia House bavuga ko abakiliya bafite bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 25 na 35. Basobanura ko mu Rwanda usanga abakoresha murandasi (Internet) ari urubyiruko cyane bityo ugasanga aribo bagira amahirwe yo kuba bahaha cyangwa bakagurisha ibyo bafite cyangwa bifuza bifashishije ikoranabuhanga.

Mu mbuga ya Hotel Galaxy

Mu mbuga ya Hotel Galaxy 

Uwacu Grace umunyarwandakazi ukora muri JUMIA ariko arebana cyane na serivisi zo kugura no gukodesha inzu cyo kimwe no kugura ibibanza

Uwacu Grace umunyarwandakazi ukora muri JUMIA ariko arebana cyane na serivisi zo kugura no gukodesha inzu cyo kimwe no kugura ibibanza

JUMIA imaze imyaka itanu (5) ikorera muri Afurika

JUMIA imaze imyaka itanu (5) ikorera muri Afurika

Sandrine Isheja Butera n'umufasha we Kagame

Sandrine Isheja Butera n'umutware we Kagame Peter abakorana bya hafi na JUMIA

Abakozi ba JUMIA bakata umutsima w'ibyishimo

Abakozi ba JUMIA bakata umutsima w'ibyishimo

Alvin Katto uyobora JUMIA mu Rwanda

Alvin Katto uyobora JUMIA mu Rwanda 

Munyabugingo Albert uhagarariye Jumia Food

Munyabugingo Albert uhagarariye Jumia Food 

Abitabiriye bafata amafunguro

Abitabiriye bafata amafunguro

Abakozi ba JUMIA bishimira ibyiza bamaze kugeraho

Abakozi ba JUMIA bishimira ibyiza bamaze kugeraho

Abakozi ba Jumia mu byishimo bishimira ibyagezweho

JUMIA imaze imyaka itanu (5) ikorera muri Afurika

JUMIA

Abakozi ba Jumia mu byishimo bishimira ibyagezweho

JUMIA

JUMIA

Abakozi ba JUMIA bahuza ibiganiro kumeza

JUMIA

Josiane Ingabire Ndengeye (Ubanza ibumoso) niwe uhuza JUMIA n'itangazamukuru anarebana n'ubucuruzi muri JUMIA (JUMIA PR & Marketing Manager)

Josiane Ingabire Ndengeye (Ubanza ibumoso) niwe uhuza JUMIA n'itangazamukuru anarebana n'ubucuruzi muri JUMIA (JUMIA PR & Marketing Manager)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Karori6 years ago
    Jumia, Happy 5Yrs in Rwanda. Turabashimira rwose abazanye iki gitekerezo cy'igura nigurisha binyuze kuri internet kugirango tubyaze umusaruro amahirwe twagize y'iterambere mw'ikoranabuhanga tumaze kugeraho tubikesha leta y'ubumwe bw'abanyarwanda. Ndi umwe mu bantu bakunda kugura ibicuruzwa nyuze kuri internet nka eBay.com, Amazon.com, Alibaba/AliExpress ndetse na Jumia.rw guhera ikiri Kaymu.rw. Ibi binyorohereza kuba nagura icyo nifuza ntarinze gutega ngo njye aho kigurishirizwa bityo nkacungura igihe nari gukoresha ndetse namafaranga y'urugendo byari kumfata. Gusa nifuzaga kwisabira abagenga izi mbuga ko bazashyiraho uburyo bw'umutekano uhagije kubera ubujura, n'ubuteka mutwe bukoreshwa mw'ikoranabuhanga muri ik'igihe. cyane cyane kuri #car.jumia.rw. Aho usanga abantu bashyira ku rubuga imodoka zigurishwa kandi ari abateka mitwe rimwe batari no mu gihugu kandi izo modoka zifite number plates z'urwanda bakajya babeshya abantu ngo bari hanze y'igihugu ariko izo modoka bazisize mu rwanda igihe bahakoreraga kubera ngo byabaye ngombwa ko contract zabo zirangira mu rwanda bagahitamo gusiga izo modoka nibindi....! bityo rero niba habonekaga uburyo bwo gukumira aba bateka mitwe bashyira ibicuruzwa ku rubuga rwanyu bitabaho cg bitaribyo babeshya muzaba mudufashije. kuko urugero: iyo njya kugura kurubuga mbanza kureba ubwoko bw'igicuruzwa nifuza, ibiciro, imiterere niba ari gishya cg cyarakozeho n'ibindi... urugero mwareba iyi modoka:https://car.jumia.rw/2006-suzuki-grand-vitara-2000.html.





Inyarwanda BACKGROUND