RFL
Kigali

Kayonza: Airtel yakoze umuganda wo kubakira umuturage utishoboye inatanga amabati yo kubaka ubwiherero ku bandi batishoboye

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:24/06/2017 22:24
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kamena 2017, abayobozi ba Airtel Rwanda bakoreye umuganda rusange mu karere ka Kayonza, bubakira inzu nshya umuturage utishoboye witwa Eugene Murasira w’imyaka 59.



Airtel Rwanda yafashije umuturage ukennye witwa Eugene Murasira w’imyaka 59 utuye mu kagari ka Mburabuturo, umurenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza. Uyu musaza yishimiye igikorwa cy'urukundo yakorewe na Airtel, kuko yabaga mu nzu ishaje abanamo n’abantu 11, Airtel ikaba yamufashije ikamwubakira indi nzu nshya. Yavuze ko yishimye cyane dore ko ngo nta bushobozi yari afite bwo kuziyubakira inzu igezweho.

Umuyobozi wa Airtel Rwanda Micheal Adjei yabanje gushimira abaturage bitabiriye icyo gikorwa cy’umuganda kugira ngo bateze imbere ako gace. Yabwiye abaturage bari muri icyo gikorwa cy'umuganda ko yabazaniye inkunga y’ibikoresho by’ishuri ku banyeshuri babo mu guteza imbere uburezi. Hanatanzwe inkunga y’amabati 100 azubakishwa ishuri ndetse n’ubwiherero ku baturage bakennye mu rwego rwo kunoza isuku muri Kayonza.

Umuyobozi w'Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza, Jean Damascene Harerimana yabwiye itangazamakuru ko ashimishijwe cyane n’igikorwa Airtel yakoze cy’umuganda no gutanga ibikoresho by’isuku. Yagarutse ku muturage wubakiwe inzu, avuga ko bari baramwemereye kuzamwubakira nk’Akarere ka Kayonza, ashimira Airtel Rwanda kuba yamwubakiye. Yahamagariye abaturage kwitabira isuku no kuzitabira amatora ateganyijwe imbere y’umukuru w’igihugu.

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, Mporanyi Théobald, uvuka ku kirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi mu Ntara y'Iburengerazuba ni umwe mu bari muri iki gikorwa cy’umuganda. Mu ijambo rye yabanje kubaha intashyo za Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’intashyo ziturutse mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda. Yongeye ashimira Airtel Rwanda ku kugufasha abaturage batishoboye bo mu karere ka Kayonza. Yaboneyeho gusaba abaturage ba Kayonza kugura Simukadi ya Airtel. 

REBA AMAFOTO Y'IKI GIKORWA

Airtel Rwanda

Airtel Rwanda

Hano bari mu gikorwa cy'umuganda

Airtel Rwanda

Airtel Rwanda

Michale Adjei umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda

Airtel RwandaAirtel RwandaAirtel RwandaAirtel RwandaAirtel RwandaAirtel Rwanda

 Eugene Murasira w’imyaka 59 wubakiwe na Airtel Rwanda

KayonzaAirtel Rwanda

Nyuma y'umuganda bakoze inama

Airtel Rwanda

Uhereye ibumoso: Michael Adjei, Depite Mporanyi Theobald na Visi Meya Jean Damascene Harerimana

Airtel RwandaAirtel RwandaAirtel Rwanda

Depite Mporanyi Theobald

Airtel Rwanda

Michael Adjei umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda

Airtel RwandaAirtel Rwanda

Hatanzwe amabati 100

Airtel Rwanda

Ibikoresho by'ishuri

Airtel RwandaAirtel Rwanda

Visi Meya Jean Damascene Harerimana

AMAFOTO: Iradukunda Desanjo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND