RFL
Kigali

Kaminuza ya RTUC irifuriza abanyarwanda bose Noheli Nziza n'umwaka mushya muhire wa 2015

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:22/12/2014 19:12
12


Kaminuza y’amahoteli n’ubukerarugendo RTUC yishimiye kwifuriza nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’umuryango we, Minisitiri w’intebe n’abaminisitiri bose, abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda, Ingabo, Polisi n’abanyarwanda bose muri rusange Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2015.



Mu izina ry’ubuyobozi, abakozi ndetse n’abanyeshuri b’iyi Kaminuza, Bwana Callixte Kabera akaba ari umuyobozi mukuru w'iyi kaminuza, yagize ati: “RTUC ni ishuri ry’abanyarwanda, rikunda kandi rikorera abanyarwanda. Muri ibi bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka, ni igihe kidasanzwe cyo kwishimirwa mubyo umuntu aba yaragezeho mu gihe cy’umwaka wose. Nka RTUC dufashe umwanya twifuriza nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’umuryango we, Minisitiri w’intebe n’abaminisitiri bose, abagize inteko ishingamategeko y’u Rwanda, Ingabo, Polisi n’abanyarwanda bose muri rusange Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2015 uzababere umwaka w’ibyishimo no kwesa imihigo.”

Kaminuza ya RTUC  yatangiye mu mwaka wa 2006 batangira batanga amasomo y’igihe gitoya(Short Courses). Mu mwaka wa 2008 nibwo yabaye Kaminuza . RTUC ifite umwihariko mu gutanga ubumenyi mu bigendanye n’amahoteri, ubukerarugendo,  ndetse n’Ikoranabuhanga .

Uretse abanyarwanda bagana iri shuri, abanyeshyuri baturuka mu bihugu byo muri Afrika y’iburasirazuba baje kuhavoma ubumenyi bunyuranye. Twavuga abaturuka muri Kenya, Uganda, Tanzaniya ndetse n ‘Uburundi. Kuri ibi bihugu hiyongeraho abanyeshuri baturuka mu bihugu nka Sudani ndetse na Repuburika iharanira demukarasi ya Congo.

Kugeza ubu iyi kaminuza imaze gutanga impamyabumenyi ndetse n’impamyabushobozi ku banyeshuri 1988 mu mashami anyuranye nka :Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga, Icungamutungo n’ayandi anyuranye. Tubibutse ko kubifuza gutangira amasomo yabo muri iyi kaminuza kwiyandikisha bikomeje, naho umwaka w'amashuri ukazatangira tariki 19/01/2014.

R.Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Angelique9 years ago
    RTUC igira online registration
  • semanajeanclaude9 years ago
    Nonemutumenyeshekubijanyenokwiga.ikoranabuhanga.harayahe.mafakirite.kwishuranigute.murakoze.mudusibize
  • fafa9 years ago
    sorry Njye RTUC nabonye yarahinduye izina isigaye yitwa UTB none kuberiki ikiyita RTUC?? nonese tuzemera irihe zina??I think those names disturb us!!
  • fafa9 years ago
    sorry Njye RTUC nabonye yarahinduye izina isigaye yitwa UTB none kuberiki ikiyita RTUC?? nonese tuzemera irihe zina??I think those names disturb us!!
  • nduwayezu jean claude9 years ago
    RTUC oyeeeeeee, ni ishuli ritanga ubumenyi ngiro
  • Amani9 years ago
    bishyura angahe
  • Ntwari9 years ago
    ubu ntikiri RTUC isigaye ari UTB(University of Tourism,Technology and Business studies )ushobora gusura urubuga rwayo ni utb.ac.rw
  • Ntwari9 years ago
    igitekerezo nuko amazina yahindutse ntago bikiri RTUC ubu ni UTB
  • 9 years ago
    ndi fuza kumenya binshikuri ino kaminuza nigute umuntu yakwiyandikisha online ese ntibirarangira ibyo kwiyandikisha plz let us know
  • 9 years ago
    ndi fuza kumenya binshikuri ino kaminuza nigute umuntu yakwiyandikisha online ese ntibirarangira ibyo kwiyandikisha plz let us know
  • 9 years ago
    ndi fuza kumenya binshikuri ino kaminuza nigute umuntu yakwiyandikisha online ese ntibirarangira ibyo kwiyandikisha plz let us know
  • IRANKUNDA Jerome9 years ago
    RTUC ni isoko y'ubumenyi ngiro bugezweho muri iki gihe, iyo ushaka kubimenya neza ureba abayoboye bakanatanga services nziza mu mahoteli, ibigo bitanga services z'ubukerarugendo ama Airlines nka za Rwandair n'ahandi !





Inyarwanda BACKGROUND