RFL
Kigali

Imodoka 12 na miliyoni 45 nizo poromosiyo Sharama ya MTN igarukanye-MENYA BYINSHI

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:9/10/2014 15:38
18


Ku nshuro ya gatatu sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yongeye gutegurira abafatabuguzi bayo, poromosiyo ya ‘SHARAMA’ imaze kwamamara cyane hano mu Rwanda. Iyi poromosiyo ikaba ije ifite umwihariko ndetse inagaragaza itandukaniro ugereranyije n’inshuro zabanje.



Kuri uyu wa Kane tariki ya 09/10/2014 ku kicaro gikuru cya MTN i Nyarutarama, akaba aribwo iyi poromosiyo yatangijwe ku mugaragaro, ahari hatumiwe abantu batandukanye barimo n’abanyamakuru baboneyeho kumurikirwa ku mugaragaro izo modoka 12 zose zizahatanirwa n’abanyamahirwe.

MTN

Suzuki Alto nshya, nizo abanyamahirwe bazajya babasha gutsindira buri cyumweru mu byumweru 12

Kuri iyi nshuro, imodoka 12 nshya zo mu bwoko bwa Suzuki zigomba gutsindirwa buri cyumweru mu byumweru 8 mu gihe poromosiyo ziheruka abanyamahirwe bahataniraga imodoka enye(4) gusa, ndetse uretse izi modoka hakaba hari ibindi bihembo bishimishije birimo amafaranga agera kuri miliyoni 45 azagenda agabanywa abanyamahirwe hamwe n’amakarita ariho amafaranga yo guhamagara ya MTN.

mtn

Izi modoka zamurikiwe abanyamakuru

Nk’uko byasobanuwe na Rwakabogo Robert wari uhagarariye MTN yasobanuye ko uretse izo modoka zagaragajwe zizajya zitsindirwa buri cyumweru, hari ibindi bihembo bishimishije bizajya bitangwa buri munsi, harimo amafaranga y’u Rwanda angana na 100,000 Frw hamwe na 50,000 Frw azajya yegukanwa n’umunyamahirwe umwe buri munsi bivuze ko abagera kuri 90 bazabasha kwegukana ibihumbi ijana, abandi nabo 90 bakegukana ibihumbi 50.

mtn

Uretse abo, abantu 5 bazajya babashe gutsindira ibihumbi 20, bivuze ko mu byumweru 8 abagera kuri 450 bazatsindira aya mafaranga, mu gihe abagera kuri 15 bazajya batsindira ibihumbi 15 ku munsi bivuze ko poromosiyo izarangira abasaga 1,350 babashije gutsindira ayo mafaranga naho ku munsi kandi abantu 20 bakazajya batsindira ibihumbi bitanu(5000frw) bisobanuye ko abagera ku 1,800 bazegukana aya mafaranga mu gihe hari n’abanyamahirwe bazabasha gutsindira amakarita yo guhamagara kuva kuri 500 kugeza ku 1000frw ku munsi bivuze ko poromosiyo izarangira abagera ku 45,000 babashije kwegukana ayo macarte.

mtn

Robert Rwakabogo, Marketing operations senior manager muri MTN niwe watangije ku mugaragaro iyi poromosiyo

Robert Rwakabogo, ushinzwe ibijyanye n’amasoko muri MTN yabisobanuye, yavuze ko impamvu nyamukuru bongeye gutekereza poromosiyo ya SHARAMA, ari mu rwego rwo kudabagiza abafatabuguzi babo mu gihe bitegura iminsi mukuru y’impera y’umwaka, agashaya akaba ari uko ubu abazajya batsindira ibihembo bazajya babisangishwa aho batuye, abatsindiye amafaranga bayohererezwe hifashishijwe MTN Mobile money.

Kugirango ubashe gutsindira kimwe muri ibi bihembo ni ukuba mbere na mbere uri umufatabuguzi wa MTN ubundi ukajya ahandikirwa ubutumwa bugufi(sms) maze ukandikamo ijambo: MTN ukohereza kuri 4100 cyangwa ukandikamo ijambo: TSINDA ukohereza kuri 4100. Ubu butumwa cyangwa se sms butwara amafaranga y’u Rwanda 65, uko wohereje rimwe ukaba uba utsindiye amanota 100 y’umukino uko ugenda wohereza amanota agakomeza kugenda yiyongera, aho iyo ushaka kureba amanota umaze kugeraho ukanda *155#.

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mk9 years ago
    ibintu byo muri mtn biba birimo ubujura gusa abazitwara baba babizi kandi usanga aribamwe birababaje kabisa tombola zanyu zibamo ruswa iteye ubwoba.
  • poo9 years ago
    name phone zirimo se cg nimodoka gusa
  • Joseph Hategekimana9 years ago
    bayobozi Ba MTN ni ugukurikirana tombora itazazamo amanyanga. thx
  • Olivier 9 years ago
    ahubwo mwitegure Tigo yaje ije ubu tura tigocashinga gusa
  • Olivier 9 years ago
    ahubwo mwitegure Tigo yaje ije ubu tura tigocashinga gusa
  • 9 years ago
    murabajura gusa izomodoka zanyu turabizi ko zitwarwa nabakozi banyu ntimugakinishe abanyarwanda.
  • dfv9 years ago
    muba mubeshya bantu kuko niwamenya uko mubigeza ubwanyu mujya kuzitanga ayanyu bwayakuyemo nimugashuke bantu rero
  • ildephonse9 years ago
    izi tombola zibamo ukuri ahubwo amahirwe aba atabasekeye mwiduca intege
  • Bizimungu COME9 years ago
    Ngaho nimuhatane ntavaho mbaha nutwo nacungiragaho ngo ndashaka imodoka nzakora nzayiguri di!!
  • niyingenera emmanuel9 years ago
    ese burimunsi bahampagara abatsinze cyangwa bikorerwa rimwe buricyumweru?
  • diemeisi9 years ago
    nibyizada
  • diemeisi9 years ago
    nibyizada
  • regis9 years ago
    umuntu ashobora gutsindira imodoka nibura afire nkamanota angahe
  • regis9 years ago
    umuntu ashobora gutsindira imodoka nibura afire nkamanota angahe
  • zindiro9 years ago
    nubundi imodoka muziha abanyamigabane banyu rero mujye muzibaha mutabanje gucyocyora umutungo wa banyarwanda kuko ntawababuza
  • emmanuel9 years ago
    Ese mwatangariza abanyarwanda niba kugirango umuntu agire icyo atsindira hashingirwa kuki? namanota menshi aba arusha abandi? cg namahirwe? byaba byiza mumaze abantu impungenge kuko ndabona abakiriya banyu baratakarije icyizere, nkuko bigaragara mubitekerezo byavuzwe haruguru.
  • MULIGANDE9 years ago
    Iyi tombora mugutanga ibihembo haricyo mwahinduraho mwajya mutangaza number itomboye aho kuyihamagara bitera urujijo kuko ntitumenya icyashingiweho ahamagarwa byaba byiza bikozwe nka mbere.
  • isingizwe8 years ago
    ndashaka. icyo. modoka. yubuntu





Inyarwanda BACKGROUND