RFL
Kigali

MTN yizihije imyaka 20 imaze ikorera mu Rwanda ishimira abafatabuguzi n'abafatanyabikorwa bayo-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Editor
Taliki:9/06/2018 14:05
1


MTN yizihije isabukuru y'imyaka 20 imaze ikorera mu Rwanda itanga serivisi z'itumanaho. Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena 2018 bibera i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali kuri Century Park kuva Saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba kugeza isaa Yine z'ijoro.



Muri ibi birori byayobowe na Alain Numa umwe mu bakozi ba MTN Rwanda, hari abanyamakuru batari bacye bari bahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye bisanzwe bikorana na MTN Rwanda. Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker, mu ijambo rye yagarutse ku rugendo MTN yanyuzemo mu myaka 20 imaze ikorera ku butaka bw'u Rwanda. Yavuze uburyo MTN yatanze umusanzu muri gahunda zinyuranye za Leta y'u Rwanda zigamije iterambere ry'igihugu.

Alain Numa ni we wayoboye ibi birori

Bimwe mu byo batanzemo umusanzu mu Rwanda, harimo guteza imbere uburezi aho batanze za mudasobwa ku banyeshuri ndetse bubatse ibigo by'amashuri hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo gufasha abana kwigira ahantu heza. Mu myaka 20 imaze ikorera mu Rwanda, MTN yatanze kandi umusanzu mu mibereho myiza y'abaturage, itanga ubwisungane mu kwivuza ku miryango myinshi itishoboye. Bart Hofker yanagarutse kuri serivisi ya MTN yo guhanahana amafaranga 'MTN Mobile money' (MOMO) aho abaturarwanda benshi basigaye bohererezanya amafaranga kuri terefone mu buryo bworoshye kandi bwihuse, bikaba byaraciye kugendana amafaranga.

Si ibyo gusa ahubwo MTN inafasha abanyarwanda kwishyura imisoro ya Leta ukoresheje urubuga 'Irembo', kugura umuriro, MTN Tap and Pay, kwishyura amafaranga y'ishuri, kwishyura ifatabuguzi n'ibindi binyuranye. Yashimiye cyane Leta y'u Rwanda ku mikoranire myiza bafitanye ndetse anashimira byimazeyo abafatabuguzi ba MTN baba abatangiranye nayo ndetse n'abatangiye kuyikoresha nyuma. Hanashimiwe ibitangazamakuru byose bikorana na MTN by'akarusho abatangiranye nayo bahabwa ibihembo. Hanamuritswe bwa mbere indirimbo yamamaza MTN yakozwe na Charly na Nina. Uncle Austin na Jay Polly ni bo bahanzi nyarwanda bitabiriye ibi birori.

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker

Muri ibyo birori, MTN Rwanda yatanze amahirwe ku bantu bose bari babyitabiriye, habaho gutombora, bamwe basekerwa n'amahirwe batsindira kujya mu bihugu bitandukanye ku isi ku itike ya RwandAir, umwe mu bafatanyabikorwa b'imena ba MTN Rwanda. Hari abandi batomboye gusohokera ndetse bakarara muri amwe mu mahoteli akomeye hano mu Rwanda arimo Ubumwe Grande Hotel, Kigali Marriott Hotel na Rubavu Serena Hotel. Hari abandi bagera ku 10 batomboye utwuma dufata amajwi dukunze gukoreshwa cyane n'abanyamakuru. Buri wese wari uri muri ibi birori yatahanye impano ya MTN. Nyuma y'ibirori habayeho gusangira no kwidagadura hamwe na Dj Ira wavangavangaga imiziki.

REBA AMAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE

Aba bakobwa b'uburanga ni bo bari bafite udupapuro tw'abatombora

Miss Shimwa Guelda igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2017 nawe yari ahari

Uncle Austin ni umwe mu bari muri ibi birori


Yatsindiye itike yo kujya i Burayi mu gihugu ashaka aho RwandAir ijya

Yatsindiye itike yo ku rwego rwo hejuru,..ashatse no kujya muri Amerika yajyayo

Phil Peter yatsindiye gusohokora i Rubavu muri Serena Hotel akararayo ari kumwe n'undi muntu umwe ashaka

Uncle Austin nawe ari mu basekewe n'amahirwe

RBA yahawe igihembo na MTN Rwanda

The New Times nayo yahawe igihembo

Radio/Tv10 nayo yahawe igihembo

Dj Ira ni we wavangavangaga imiziki

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker mu gihe cyo gucinya umudiho

KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO MENSHI

REBA HANO INCAMAKE Y'UKO BYARI BIMEZE


AMAFOTO: Cyiza Emmanuel-Inyarwanda.com

VIDEO: Iyamuremye Janvier-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NIYITEGEKA PIERRE5 years ago
    MTN turayikunda kubera service itugezaho nka internet irekure n'izindi. ariko bazadushirireho international pack ihamagara ibihugo by'afrika cyane cyane uganda,kenya,tanzania,zambiya.naho iduha service utasanga ahandi.





Inyarwanda BACKGROUND