RFL
Kigali

Seninga Innocent yashimye abakinnyi anavuga ibanga ryamufashije Musanze FC (Amafoto 45 y’Umukino)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/10/2017 12:01
0


Nyuma yo gutsinda FC Musanze igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, Seninga Innocent Umutoza mukuru w’ikipe ya Police FC yafashe umwanya ashimira abakinnyi ubwitange bagaragaje mu mukino utari woroshye ndetse anavuga ko imikino 45’ yamufashije kubona ko Musanze FC ikomeye mu bijyanye na “Marquage” bityo ahita ahindura imik



Igitego cya Police FC cyatsinzwe na Biramahire Abeddy Christophe ku munota wa 75' w'umukino ku mupira yahawe na Mico Justin mu ntambwe nke uva ku izamu ryari ririnzwe na Ndayisaba Olivier uva inda imwe na Mico Justin.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Seninga yavuze ko ubwo yari amaze kubona ko Musanze FC ikomeye cyane mu bijyanye no kuba buri mukinnyi ashinzwe gufata uwo bahanganye (Man to Man) ndetse banakina imipira miremire ica mu kirere badahagaritse, yahise ahindura abwira abakinnyi be ko bagomba kujya bafata imipira miremire babonye bakayishira hasi bagatangira gukinana nyuma yo kugera hafi y’urubuga rw’amahina.

“Musanze FC wabonaga bakina buri umwe afite inshingano zo gufata buri mukinnyi wanjye umuri hafi. Byatumye dukomeza gutakaza imipira kuko byasaga n'aho dushaka gukina uburyo bakinaga. Naje gukora impinduka rero mbabwira ko umupira wo mu kirere bazajya babona bawushyira hasi bagakinana batagize igihunga cyo kuwutakaza. Byaje kudukundira rero ni nabwo buryo twabonyemo igitego”. Seninga Innocent.

Seninga Innocent avuga ko yitegereje uko Musanze FC iri gukina akabona bikwiye ko ahindura amayeri

Seninga Innocent avuga ko yitegereje uko Musanze FC iri gukina akabona bikwiye ko ahindura amayeri

Seninga Innocent uri kwitegura umukino wa Rayon Sports ku munsi wa gatanu wa shampiyona avuga ko uzaba ari umukino ukomeye kuko Rayon Sports izaba ifite igitutu cyo kuba iri ku mwanya wa kabiri bityo ko izaba ishaka kuza imbere mu gihe nawe adashaka kuwurekura.

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Musanze yabwiye abanyamakuru ko ababaye cyane kuko abakinnyi be bagize uburangare kuko ngo bari bazi ko umupira Police FC yari ibonye bari buwukine rimwe birangira bawukinnye kabiri.

“Birambabaje….Navuga ko twakoze ibyo twashoboraga gukora. Gusa habonetse umupira w’umuterekano bararangara bazi ko bagiye gukina rimwe bahita bakina kabiri, habaho uburangare. Nibwo buryo twatsinzwemo igitego”. Habimana Sosthene.

Muri uyu mukino, Habimana Sosthene yakinaga adafite Mudeyi Suleiman, Peter Otema, Lessie Lamptey bafite ibibazo bidakanganye by’imvune mu gihe Muzerwa Amin wa Police FC yagiriye imvune muri uyu mukino kuko urutugu rwe yavuye i Musanze ruhambiriye nyuma yo kuva mu bitaro bikuru bya Ruhengeli bakamubwira ko bidakanganye ari imitsi yikanze.

Peter Otema (Ibumoso) na Lessie Lamptey (Iburyo) bafite ibibazo by'imvune

Peter Otema (Ibumoso) na Lessie Lamptey (Iburyo) bafite ibibazo by'imvune

Abasifuzi bishyushya

Abasifuzi bishyushya

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC ashyushya Bwanakweli Emmanuel

Maniraguha Claude umutoza w'abanyezamu ba Police FC ashyushya Bwanakweli Emmanuel

Myugariro Habimana Hussein.....imvura yari yatangiye kugwa

Myugariro Habimana Hussein.....imvura yari yatangiye kugwa

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y'igihugu

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y'igihugu

Mbonyingabo Regis (ibumoso) na Akayezu Jean Bosco (iburyo) wanakiniye Police FC,...abakinnyi ba Etincelles FC bari baje kureba umukino

Mbonyingabo Regis (ibumoso) na Akayezu Jean Bosco (iburyo) wanakiniye Police FC,...abakinnyi ba Etincelles FC bari baje kureba umukino

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba FC  Musanze

Abasimbura ba FC  Musanze

Uva iburyo: Seninga Innocent (Umutoza mukuru), Bisengimana Justin (Umutoza wungurije/Hagati) na Maniraguha Claude (Ibumos/Umutoza w'abanyezamu)

Uva iburyo: Seninga Innocent (Umutoza mukuru), Bisengimana Justin (Umutoza wungurije/Hagati) na Maniraguha Claude (Ibumos/Umutoza w'abanyezamu)

Uva ibumoso: Habimana Sosthene (Umutoza mukuru), Mbusa Kombi Billy (umutoza wungirije/hagati) na Mutabaruka Radjabou (umutoza w'abanyezamu)

Uva ibumoso: Habimana Sosthene (Umutoza mukuru), Mbusa Kombi Billy (umutoza wungirije/hagati) na Mutabaruka Radjabou (umutoza w'abanyezamu)

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Abasifuzi b'umukino

Abasifuzi b'umukino

Abakinnyi basuhuza abasifuzi

Abakinnyi basuhuza abasifuzi

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Mwiseneza Daniel wahoze muri Mukura VS ubu ni kizigenza muri Musanze FC

Mwiseneza Daniel wahoze muri Mukura VS ubu ni kizigenza muri Musanze FC

Abasifuzi n'abakapiteni b'amakipe yombi

Abasifuzi n'abakapiteni

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga

11 ba FC Musanze babanje mu kibuga 

11 ba Police FC  babanje mu kibuga  cya sitade Ubworoherane

11 ba Police FC  babanje mu kibuga  cya sitade Ubworoherane

Isengesho rya FC Musanze

Isengesho rya FC Musanze

Mico Justin agora Munyakazi Yussuf Rule

Mico Justin agora Munyakazi Yussuf Rule

Ndayisaba Olivier mwene nyina (Mico Justin) yamuteye ishoti agwa atya

Ndayisaba Olivier mwene nyina (Mico Justin) yamuteye ishoti agwa atya 

Intambara imbere y'izamu mbere yuko batera koruneri

Intambara imbere y'izamu mbere yuko batera koruneri

Mico Justinahambirana na Mwiseneza Daniel myugariro wa Musanze FC

Mico Justinahambirana na Mwiseneza Daniel myugariro wa Musanze FC

Hakizimana Francois mu kirere ashaka umupira

Hakizimana Francois mu kirere ashaka umupira 

Mwiseneza Daniel yugarira Ndayishimiye Antoine Dominique

Mwiseneza Daniel yugarira Ndayishimiye Antoine Dominique

Biramahire Abeddy azamukana umupira

Biramahire Abeddy azamukana umupira 

Umukino warimo gukanira cyane ku mpande zombi

Police Fc bishimira igitego

Umukino warimo gukanira cyane ku mpande zombi  no gusunikana biri hafi aho

Hakizimana Francoisyahaboneye ikarita y'umuhondo

Hakizimana Francoisyahaboneye ikarita y'umuhondo

 Umusifuzi yumvisha Imurora Japhet imyanzuro yuko Muvandimwe Jean Marie Vianney agomba gutera coup franc

Umusifuzi yumvisha Imurora Japhet imyanzuro yuko Muvandimwe Jean Marie Vianney agomba gutera coup franc

Imurora Japhet 7 (Iburyo) na Niyonkuru Ramadhan (ibumoso) bajya ku rukuta

Imurora Japhet 7 (Iburyo) na Niyonkuru Ramadhan (ibumoso) bajya ku rukuta

Mico Justin azamukana Munyakazi Yussuf Rule

Mico Justin azamukana Munyakazi Yussuf Rule

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo ariko anabangamirwa na Niyinkuru Ramadhan bita Boateng

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo ariko anabangamirwa na Niyinkuru Ramadhan bita Boateng

Biramahire Abeddy amaze kubona igitego

Biramahire Abeddy amaze kubona igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego 

Abakinnyi ba Police FC babyinira igitego

Abakinnyi ba Police FC babyinira igitego

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira, umusore wakinnye iminota 90'

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira, umusore wakinnye iminota 90'

Ikirere cy'ibirunga

Ikirere cy'ibirunga 

Mico Justin yasimbuwe na Niyonzima Jean Paaul bita Robinho

Mico Justin yasimbuwe na Niyonzima Jean Paaul bita Robinho

Seninga Innocent acunga iminota ya nyuma

Seninga Innocent acunga iminota ya nyuma 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND