RFL
Kigali

Airtel yateguye amahugurwa ku bumenyi n'ikoranabuhanga ku bufatanye na TechWomen Rwanda

Yanditswe na: Editor
Taliki:25/11/2014 20:12
1


Kuri uyu wa mbere ikigo cy’itumanaho cya Airtel Rwanda cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri ku bufatanye na TechWomen Rwanda, iki kikaba ari ikigo kigamije gushishikariza abagore b’abanyarwandakazi kurushaho kwitabira ibijyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga



Denise Umunyana ushinzwe ibikorwa by’itumanaho muri Airtel Rwanda, yashimangiye ko guteza imbere ikoranabuhanga ari ishingiro ry’iterambere ku bikorwa bya buri munsi, kugira umubare munini w’abagore n’abakobwa babyitabira bikaba byazamura ireme ry’ikoranabuhanga.

Denise Umunyana hamwe n'abakobwa babiri batoranyijwe

Denise Umunyana hamwe n'abakobwa babiri batoranyijwe

Yakomeje avuga ko hari abakobwa babiri bakiri bato baratoranyijwe ngo bazitabire aya mahugurwa, bakaba bazibanda cyane ku ikoranabuhanga n’ihuzanzira (Information Technology and Network). Aya mahugurwa kandi ngo si ayo kuba Airtel yaba intyoza mu kwerekana ubumenyi n’ubuhanga gusa ahubwo bashaka no guha abazahugurwa ubuhanga n’ubunararibonye bizabafasha gutegura ejo heza hazaza h’u Rwanda.

Ku ruhande rwa TechWomen Rwanda, Angel Bisamaza uri mu bayihagarariye yavuze ko bishimiye cyane gufatanya na Airtel muri aya mahugurwa azafasha abakobwa bakiri bato kugira ubumenyi n’ubunararibonye bakeneye ngo babe babyaza umusaruro ikoranabuhanga, iyi ikaba ari imwe mu ntambwe zo kuziba icyuho cyari mu bari n’abategarugori mu bijyanye no kwitabira ubumenyi n’ikoranabuhanga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Umurerwa Mathilde9 years ago
    Proud of my daugther and her friend!!go go ladies of value!





Inyarwanda BACKGROUND