Harabura ukwezi n’iminsi mike ngo twinjire mu minsi mikuru isoza umwaka. Mu rwego rwo gufasha abantu kuzasigarana iyi minsi mu mafoto akeye n’amashusho yihariye nk’urwibutso, Afrifame Pictures yatangiye kwakira(booking) abashaka ko izabibafashamo.
Afrifame Pictures ni kompanyi ikora ibigendanye no gufata amafoto n’amashusho agendanye n’igihe kandi ku giciro buri wese yibonamo haba mu minsi mikuru inyuranye, ibirori, gufotora abantu ku giti cyabo n’ibindi. Kuva yatangira gukora ikomeje kuganwa na benshi kubera ubunararibonye muri aka kazi no gutanga serivisi inoze.
Mu gihe iminsi mikuru turi kuyikozaho imitwe y’intoki, Afrifame Pictures yatekereje kubifuza kuyizihiza ariko bakazanahora bayisubiramo bareba amafoto n’amashusho y’uko byari byifashe bishimana n’imiryango yabo, inshuti n’abavandimwe.
Abafite Graduation, umubatizo n’indi minsi mikuru nabo Afrifame yarabazirikanye
Uretse iminsi mikuru, Afrifame Pictures ikomeje no kwakira abafite ibirori by’umubatizo mu miryango yabo, abazarangiza amashuri, bafite ‘Graduations’ zitandukanye mu mpera z’umwaka. Aba bose barasabwa gufata imyanya hakiri kare kuko ihari ibaze.
Serivisi zindi nazo ikomeje kuzibagezaho
Uretse serivisi zavuzwe haruguru, Afrifame Pictures inafasha abakiriya bayo kuabakorera ‘Company profile’ na TV Spot bikoranye ubuhanga.
Uramutse ufite ibirori ushaka ko Afrifame izagufatira amafoto n’amashusho, ukaba ushaka gufata umwanya mbere(booking/reservation) wohereza ubutumwa bwawe kuri e-mail ya Afrifame ariyo booking@afrifamepictures.com cyangwa ugahamagara kuri 0788304594.
Niba ushaka kujya ubona amakuru n’amafoto yerekeye Afrifame Pictures, kanda Like kuri iyi page yo kuri Facebook, kuri Instagram wabakurikira kuri afrifamepictures cyangwa ugasura urubuga rwayo, www.afrifamepictures.com
Reba Highlights ya bumwe mu bukwe Afrifame Picture yafashemo amashusho
TANGA IGITECYEREZO