Nyuma y’imikoranire myiza n’abayigana, Afrifame Pictures yagabanyije 50% ku biciro bisanzwe ku bantu bafite ibirori bya Bridal shower, Baby shower n’isabukuru y’amavuko haba ku bana ndetse no ku bantu bakuru.
Ubuyobozi bwa Afrifame Pictures bwadutangarije ko muri iyi minsi bwashyize igorora abakiriya ba Afrifame Pictures by’umwihariko abafite ibirori bya Bridal shower, Baby shower n’isabukuru y’amavuko, ibiciro by’izi serivisi bikaba byagabanyijweho 50% ku biciro byari bisanzwe.
Afrifame Pictures imaze kuba ubukombe mu gutunganya amashusho n’amafoto agendanye n’igihe tugezemo, yashyizeho iyi promotion mu rwego rwo gushimisha abakiriya bayo. Akarusho ni uko Afrifame Pictures ifite abakozi b’inzobere bafasha abakiriya bayo guhanga udushya mu kwifotoza, kuburyo uyarebye adahuga kuyareba ahubwo asigara abaririza inzobere yafotoye ayo mafoto.
Afrifame Pictures ni kompanyi ikora ibigendanye no gufata amafoto n’amashusho agendanye n’igihe kandi ku giciro buri wese yibonamo haba muri ‘Graduation, ubukwe, isabukuru y’amavuko n’ibindi birori binyuranye ndetse no gufotora abantu ku giti cyabo. Ni kampani ikorera mu mujyi wa Kigali mu nyubako ya La Bonne Adresse iri haruguru ya UTC.
Niba ufite ibirori ushaka ko Afrifame Pictures izagufotoreramo ikanafata amashusho, ukaba ushaka gufata umwanya mbere(booking), wohereza ubutumwa bwawe kuri e-mail ya Afrifame Pictures ariyo booking@afrifamepictures.com. Niba ushaka gusobanuza kurushaho serivisi za Afrifame, wahamagara kuri telefoni igendanwa 0788304594
Niba ushaka kujya ubona amakuru n’amafoto yerekeye Afrifame Pictures, kanda Like kuri iyi page yo kuri Facebook , kuri Instagram wabakurikira kuri afrifamepictures cyangwa ugasura urubuga rwayo, www.afrifamepictures.com
TANGA IGITECYEREZO